‘Mobile Banking’ igiye guca imirongo abarimu batondaga iyo babaga bahembwe.

Mu gihe abarimu binubiraga urugendo bakoraga bajya guhembwa, kuri ubu barishimira ko bagiye kujya babikuza  amafgaranga umushahara wabo binyuze mu buryo bwa ‘Mobile Banking’.

Ubusanzwe  muri  buri karere  haba  banki  imwe  abarimu  bahemberwamo  izwi nk’Umwalimu Sacco  bigasaba  ko   abarimu bakora   urugendo  rurere  bajya  gufata  umushahara  wabo.

Bamwe  mu barimu bo mu ntara  y’Uburasirazuba bavuga  ko  batakazaga  amafaranga  menshi  y’urugendo.

Gutegerereza ku murongo ngo bagerweho byatumaga akandi kazi gapfa.

Uwamaliya Diane, umwalimu kuri ku ishuri ribanza rya Nkondo I mu  Murenge wa Rwinkwavu  ho mu karere ka Kayonza avuga ko bajyaga basiga abana mu ishuri bagakora urugendo rurerure bajya guhemberwa mu Murenge wa Kabarondo.

Uwamariya Diane wigisha Nkondo I arashima ‘Mobile Banking’

Uyu murezi akomeza avuga ko ubu buryo bwo guhemba bakakirira umushahara aho bari hifashishijwe ikoranabuhanga rya ‘Mobile Banking’ ari bwiza

Yagize ati” Guta abana mu minsi y’akazi byavuyeho, ku mugoroba umuntu ajya ku umu ‘Agent wa Mobile’ akabikuza.” 

Mugenzi we witwa Habakurama Jean Damascene wigisha ku Rwunge rw’amashuri rwa Nyakarambi mu Karere ka Kirehe  yungamo avuga ko gutonda umurongo bari guhembwa kubera ubwinshi bw’abarimu b’akarere kose kuri Banki imwe bigiye kuvaho.

Habakurama wigisha i Kirehe ari mu bagorwaga n’imirongo iyo babaga bahembwe

 Yagize ati” Uburyo bwa ‘Mobile Banking’ buzatuma abarimu bishimira iyi banki kuri serivisi nziza kandi nabakoramo bazoroherezwa akazi.”

Madame Uwambaje Laurence Umuyobozi wa Koperative Umwarimu Sacco mu Rwanda arakangurira abarimu kujya kwiyandikisha mu buryo bwa ‘Mobile Banking’ ku ishami ry’Umwarimu Sacco rimwegereye kugira ngo ashyirwe muri ubu buryo bushya bwo guhembwa umushahara binyuze kuri Telefoni.


Madamu Uwambaje Laurence uyobora Koperative Umwarimu Sacco

Ati ”Ubu abarimu bari kwiyandikisha kuri banki ibegereye kuko hari amakuru dukusanya kugira ngo hatazagira undi muntu wiyitirira umwarimu akabikuza amafaranga biciye kuri telefoni atari aye”.

Akomeza amara impungenge abarimu ko bagiye kujya bahabwa inguzanyo nto [Decouvert] hifashishijwe uburyo bwa ‘Mobile Banking’.

Ati:”N’ubundi tubikoze umwarimu agakomeza agakora urugendo aza gusaba ‘Decouvert’ ntacyo twaba tumufashije”.

Mu Rwanda buri mwarimu uhembwa na Leta ategekwa kugira konti muri Koperative ‘Umwarimu Sacco’ kugira ngo imuteze imbere binyuze mu nguzanyo ku nyungu yo hasi ugereranije n’izindi banki.

Abarimu basaba ko imikorere y’iyi Koperative ‘Umwarimu Sacco’ yakomeza kuvugururwa dore ko hagiye havugwamo ibindi bibazo bitandukanye ariko kuri ubu  abarimu bakaba babona ko hari intambwe imaze guterwa.

Claude Kalinda/Intara y’Uburasirazuba

Leave a Reply