Imisango y’ubukwe yabaye ubucuruzi – Abaturage

Hari bamwe mu babyeyi bagaragaza ko muri iki gihe imisango y’ubukwe isa n’iyakamutsemo indangagaciro z’umuco nyarwanda aho kuri ubu ngo usanga yabaye ubucuruzi.

Abagaragaza ko imisango y’ubukwe muri iki gihe isa n’iyakamutsemo umwimereri w’indagaciro z’umuco nyarwanda babishingira kuri izi mpamvu.

Umwe ati“ Ntabwo byakabye ngombwa ko umuntu yishyuza kubera ko no kuva cyera mu muryango habaga umuntu uzi ibintu by’umuco akaba ariwe babwira bati nyabuneka dufite ubukwe akaba ariwe uza kubahagararira akavuga ijambo ariko uwo muco ntukiriho waratakaye.”

Undi ati “Umuntu ubizi nk’umusaza yagenda agafasha abandi si ngombwa ngo bamuhe amafaranga kuko bihabanye n’amatetegeko y’umuco wa Kinyarwanda.”

Undi nawe ati “ Umusaza nawe agira byinshi byo gukora mu gihe agiye kugusabira ugomba kumuha insimburamubyizi gusa ariko ubundi ntibyari bikwiye kuko ntabwo biri mu muco nyarwanda.”

Umushakashatsi akaba n’umwanditsi w’amateka y’u Rwanda  Innocent Nizeyimana agaragaza ko muri iki gihe usanga abasore n’inkumi benshi bakodesha abakwe kandi ngo bigira ingaruka zitandukanye ziterwa no kuba baba batazi imiryango y’abageni.

Ati “ Uwo muntu ukamuha agapapuro kanditseho papa yitwa kanaka, umukobwa azaba yitwa kanaka, njyewe nitwa kanaka ndi mwene kanaka, ibyo rero ejo murahura ntakwibuke ubwo se uwo muntu azamarira iki urugo rushya rugiye gushingwa? Uyu musore rero nanagira twa tubazo two mu rugo tutajya tubura azitaba babandi yita abajama be.”

Muri 2017, Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco RALC yamuritse ubushakashatsi yakoze ku bukwe bwa Kinyarwanda, bugaragaza ko abasore n’inkumi bishimira imisango y’ubukwe irimo ikinyarwanda cyiza cyane.

Gusa ngo igiteye impungenge cyagaragajwe n’ubushakashatsi ni uko usanga abavuga imisango ngo  akenshi baba bataziranye n’imiryango y’abageni bigatuma n’imihango y’ubukwe igakorwa nabi.

Icyakora kuri ubu ngo haribyo abakora ubukwe bagerageza  kugenda bakosora nyuma y’uko ubu bushakashatsi bugiriye ahagaragara.

Umukozi w’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco mu Ishami ry’Umuco Gatabazi Bernard avuga konyuma yo gushyira hanze ubushakashatsi hari ibigenda bihinduka mu bakora ubukwe muri iki gihe.

Ati “ Nyuma y’uko dukoze ubushakashatsi kugeza uyu munsi ubona hari ikigenda gihinduka abantu barashaka kugaruka kuri wa muco wo ha mbere.”

Mu nyandiko za Musenyeri Aloys Bigirumwami zo 1984 zivuga ku mihango, imiziro n’imiziririzo mu Rwanda rwo ha mbere hagaragaramo ko abavugaga  imisango y’ubukwe babaga ari abantu bo mu miryango bizewe.

Kuri ubu Abanyarwanda basabwa gucika ku muco wo gukodesha abakwe, ahubwo hagatekerezwa ku bantu bakuru b’inyangamugayo bizewe kandi bazi imiryango yombi.

Daniel HAKIZIMANA