Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Bolivia: Perezida Evo Morales yeguye - FLASH RADIO&TV

Bolivia: Perezida Evo Morales yeguye

Perezida Evo Morales wa Bolivia yeguye ku butegetsi yari amazeho imyaka 14 kubera imyigaragambyo ishingiye ku kongera gutorwa kwe mu kwezi gushize nyuma yo kuvugurura itegeko nshinga.

Umugaba w’ingabo yari yamusabye kuva ku butegetsi nyuma y’uko abaturage bigaragambije bamagana ko yongeye gutorwa.

Abagenzuzi bavuga ko babonye uburiganya mu matora.

Bwana Morales yatangaje ko yeguye ku butegetsi kugira ngo arengere imiryango y’inshuti ze n’abamushyigikiye iri gutwikirwa inzu.

Mu ijambo yatangarije kuri televiziyo yagize ati “Nimurekeraho kugirira nabi abavandimwe banyu, nimurekere aho kubatwikira.”

BBC yanditse ko ibyishimo byahise bikwira hose mu mihanda y’umurwa mukuru La Paz aho abantu benshi cyane bahise buzura bishimira kwegurwa k’uyu mugabo wategetse igihe kirekire Bolivia.

Bwana Morales niwe perezida wa mbere wavuye mu bwoko bwa ba nyamucye muri Bolivia, afatwa nk’uwahaye ijambo akanateza imbere abaturage bari barahejejwe inyuma.

Muri iyi myaka ya nyuma y’ubutegetsi bwe yashinjwa gutwaza igitugu muri iki gihugu gikennye kurusha ibindi muri Amerika y’Epfo.

Nyuma yo kwegura kwe, visi perezida Alvaro Garcia Linera na perezida wa sena Adriana Salvatierra nabo bakuye meza.

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, wari wabaye uwa kabiri mu matora, yatangaje ko ibi ari iherezo ry’ubutegetsi bw’igitugu kandi ari isomo rikomeye no.