Abayobozi barimo abinjiye muri Guverinoma bagiye kurahira

Mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko hagiye kubera umuhango w’irahira ry’abayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda no mu Ngabo z’u Rwanda baherutse gushyirwaho na Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Abayobozi bagiye kurahira ni:

Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, Minisitiri w’Ibidukikije;

Gen Patrick Nyamvumba, Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu;

Aurore Munyangaju Mimosa, Minisitiri wa Siporo.

Hari kandi

Ignatienne Nyirarukundo, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage;

Edouard Bamporiki, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco.

Hararahira kandi

Gen Jean Bosco Kazura, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Fred Ibingira, Umugaba Mukuru ushinzwe inkeragurabara;

Lt Gen. Jacques Musemakweli, Umugenzuzi Mukuru mu Ngabo z’u Rwanda;

Maj Gen Innocent Kabandana, Umugaba Mukuru wungirije w’Inkeragutabara.