Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Abifuza guhatana muri Miss Rwanda 2020 bujuje ibisabwa bafunguriwe amarembo - FLASH RADIO&TV

Abifuza guhatana muri Miss Rwanda 2020 bujuje ibisabwa bafunguriwe amarembo

Hagiye gutangira irushanwa ryo gushakisha Nyampinga w’u Rwanda w’umwaka wa 2020 uzasimbura Miss Nimwiza Meghan. Kuri ubu abifuza kuryitabira bujuje ibisabwa bafunguriwe amarembo.

Image result for miss rwanda
Ninde uzasimbura Nimwiza Meghan Miss Rwanda 2019

Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo 2019 ni bwo hashyizwe hanze itangazo rihamagarira abakobwa kwiyandikisha mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019 ndetse rinabamenyesha ibyo umukobwa wifuza kuba Nyampinga w’u Rwanda agomba kuba yujuje.

Muri iri tangazo abakobwa bashaka guhatanira iri kamba bibukijwe ko bagomba kuba bujuje ibi bikurikira.Uburanga, Ubwenge ndetse n’Umuco ari inkingi za mwamba zituma umukobwa yakwegukana ikamba rya Miss Rwanda.

Kwiyandikisha byatangiye binyuze ku rubuga rwa Miss Rwanda.

Abakobwa biyandikisha basabwa kuba;Ari umunyarwandakazi afite ibyangombwa, Afite Imyaka hagati ya 18-24, byibuza yararangije amashuri yisumbuye, azi neza Ikinyarwanda ndetse na rumwe mu ndimi eshatu zemewe mu Rwanda (Igifaransa, Icyongereza ndetse n’Igiswahili), Afite metero 1.70, Afite ibiro bijyanye n’uburebure bwe ’Body mass index’ (18.5-24.9), Atarigeze abyara, Yiteguye kuba mu Rwanda mu mwaka wose yamarana ikamba, Yiteguye kudakora ubukwe mu gihe cy’umwaka amarana ikamba, Yiteguye guhagararira u Rwanda aho ariho hose bikenewe no kuba yiteguye gukurikiza amategeko n’amabwiriza y’abategura Miss Rwanda.

Miss Rwanda ni irushanwa rimaze kwamamara cyane mu gihugu aho umukobwa uryegukanye ahita yambikwa ikamba rya Nyampinga w’Igihugu.