Nyuma y’aho gukorera ubworozi mu mujyi wa Kigali rwagati biciwe, ubu bamwe mu Bahinzi bakorera ubuhinzi mu bishanga byo muri Kigali baravuga ko kuva iki cyemezo cyafatwa bagorwa no kubona ifumbire y’imborera kuko ngo batemerewe gukorera ubworozi ku nkengero z’ibishanga.
Ibura ry’ifumbire y’imborera n’ikibazo gihangayikishije bamwe mubakorera ubuhinzi bwabo mu bishanga byo mumujyi wa Kigali, aho bavuga ko cyabakomereye ubwo hasohokaga amabwiriza ya Leta avuga ko nta bworozi bwemewe gukorerwa mu mujyi wa Kigali rwagati.
Ibi ngo byatumye ubworozi bwakorerwa ku nkuka z’ibishanga buhagarikwa
kandi aribwo bwahaga ifumbire y’imborera.
Aba bagaragaza ko gukoresha ifumbire mvaruganda gusa ngo bidahagije utavanzemo imborera nk’uko aba bahinga
mugishanga cyo munsi y’Agakiriro ka Gisozi babivuga.
Alphonse MUSABYIMANA yagize ati “Ifumbire ntayo dufite ahubwo twagerageje kubaza ngo batwemereye nibura tukorora nk’amatungo mu nkengero z’igishanga cyangwa mu nkuka z’igishanga tukahashyira ya matungo magufi cyangwa se nk’Inka. Twgira umusaruro wakwikuba nka Gatatu.”
Nathalie MUKAMANA ati “Ikibazo cy’ifumbire y’imborera ntabwo dukund kuyibona, n’ifumbire y’imvaruganda tukayibona iri hejuru cyane. Twakeza tkabona igiciro kigiye hasi ya ya fumbire. Ugasanga tuguyemo kubera amafaranga ya ya fumbire twakoresheje.”
Undi uhinga muri iki gishanga witwa Vestine MUKESHIMANA ati “Ngo amatungo barayaciye mu mujyi wa Kigali ngo nta muntu wemerewe kororeramo, kandi umuntu asigaye ateza ifumbire mvaruganda gusa ukabona ntabwo bitanga umusaruro neza. Rero bareka umuntu akajya yorororera nko mu nkengero z’igishanga ntaze mu gishanga ariko tukabona n’imborera.”
Mu busanzwe ahandi hagakwiye kuva ifumbire y’imborera yafasha abakorera ubuhinzi mubishanga byo muri Kigali, ni mubishingwe biva mungo z’abaturage ariko ukurikije uko ibintu
bimeze nabyo bisa n’ibidashoboka nk’uko Jean Paul MUNYAKAZI
uyobora Urugaga Imbaraga ruhuza abahinzi n’aborozi mu Rwanda abisobanura.
Ati “Hari kompanyi zitwara imyanda ahantu henshi hamwe na hamwe hatandukanye, ni ukuvuga ngo buriya iyo abantu bari gutwara imyanda ni kimwe mu mafumbire aba arimo kugenda.”
Inzego zishinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu mujyi wa Kigali zabwiye itangazamakuru rya Flash ko kororera mu nkengero z’ibishanga byaciwe burundu kandi ko bitazongera kwemerwa bityo ko abahinga mu bishanga ngo bafashwa kubona ifumbire mvaruganda ariko kubijyanye n’ifumbire y’imborera
ngo nibo bagomba kuyishakira.
Uku niko Felix KAYIHURA, akuriye ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Karere ka Gasabo yabibwiye itangazamakuru ryacu.
Ati “Kororera mu nkengero z’umujyi hano hano hafi y’ibishanga ntabwo byemewe, hari ibyo Let aiba yarabemereye kubakorera irabikor. Mvaruganda irayibaha , imborera nabo bayishaka kandi ku borzoi b’inkoko ku borozi b’Inka ku borzoi b’Ihene, ahantu hose bayobona.”
Nubwo inzego zishinzwe ubuhinzi zisaba abahinzi kwishakira ifumbire yimborera, urugaga rwabahinzi rwo rugaragaza ko iyi fumbire y’imborera ihenze bityo ko Leta ikwiye gushyira
imbaraga mu kwigisha abahinzi uko batunganya ifumbire yikora nk’uko Jean Paul MUNYAKAZI uyobora urugaga imbaraga abisobanura.
Yagize ati “Hari uburyo abantu batamenyereye gukoresha tekiniki zishobora gukora amafumbire cyane cyane y’imborera yikora, aho bakoresha. Ni ukuvuga ngo iryo koranabuhanga usanga abahinzi batari barimenya kandi aribwo buryo bworoshye bwakagombye kubufasha kubona imborera.”
Yakomeje agira ati “Hanyuma bigakubitiraho ko nanone n’ifumbire y’imborera muri rusange irahenda, abantu bazi ko ifumbire mvarganda ariyo ihenda ariko burya uyu munsi ifumbire ihenda ni imborera kuko kuri hegitare ku mvuraganda ukoresha hagati y’ibiro 100 na 300 bitewe na buri gihingwa ku mvaruganda ukoresha toni 20. ”
Impuguke mu buhinzi zigaragaza ko ifumbire y’imborera iboze kandi ihoze ifasha ubutaka bigatuma ibihingwa bizatanga umusaruro mwiza.
Abakurkiranira hafi ingeri y’ubuhinzi mu Rwanda basanga igihe kigeze ngo Kompanyi zitwara ibishingwe mu mujyi wa Kigali n’ahandi zitangire kwiga uko zakora ifumbire y’imborera mu myanda ivamu Ngo z’abaturage.
Daniel HAKIZIMANA