Rwamagana: Barinubira ubucye bw’abaranguza ibirayi mu isoko rya Ntunga

Bamwe mu bacururiza  ibirayi  mu isoko  rya Ntunga riherereye mu murenge  wa Mwurire mu karere  ka Rwamagana  barinubira ko abantu  babiri  bonyine,  aribo   bemerewe  kubaranguza  ibirayi, bigatuma bashyiraho ibiciro uko bishakiye.

Aba barasaba  ko abagemura  ibirayi  baba benshi  bityo bakarangura kuwo bifuza.

 Ubuyobozi bw’Umurenge  wa  Mwurire buravuga ko aba babiri  aribo bonyine bagaragaje  ko babishaka,  ariko ngo  buri wese  ufite ubushobozi  yemerewe kugemura ibirayi muri  iri soko.

Kanda muri Video ukurikire inkuru irambuye.