Imanza z’abakekwaho Jenoside zibera mu mahanga ntizitanga ubutabera – IBUKA

Umuryango Ibuka uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi  uravuga  ko kuba imanza z’abacuze umugambi wa Jenoside zibera mu mahanga bidatanga  ubutabera bwuzuye ku barokotse Jenoside.

Imyaka 27 irashize mu Rwanda hahagaritswe Jenoside yakorewe Abatutsi  ariko hari benshi bayigizemo uruhare bari mu mahanga bataratabwa muri yombi  kuko ubu u Rwanda rubarura abarenga 1,100 bakidegembya mu bihugu bahungiyemo.

Guverinooma y’u Rwanda igaragaza ko idahwema gusaba ibihugu bibacumbikiye kubata muri yombi bakoherezwa mu Rwanda.

Jean Bosco Siboyintore, umuyobozi mu bushinjacyaha bw’u Rwanda ukuriye ishami rishinzwe gukurikirana abanyarwanda bari mu mahanga bakekwaho ibyaha bya Jenoside arabisobanura.

Ati “Ubusabe bwacu buri gihe buhora ari ukugira ngo muzane aba bantu tubaburanishe ku cyaha  basize bakoze bakekwaho, mubazane mu Rwanda  niho bizoroha.”

Nubwo hakiri imbogamizi ku bihugu bigihishira abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo  hari intambwe yatewe irimo no kohereza bamwe muri abo mu Rwanda abandi bagashyikirizwa ubutebera bw’ibindi bihugu.

Ku rundi ruhande ariko Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi wo usa n’ugaragaza ko nubwo hari abagize uruhare muri Jenoside baburanishirizwa mu mahanga ngo bidatanga ubutabera bwuzuye ku muryango Nyarwanda by’umwihariko ku barokotse Jenoside.

Ngo ikiza ni uko bose bakoherezwa kuburanishirizwa mu Rwanda ahabareye icyaha.

Jean Damascene Ndabirora Kalinda ni Umunyamategeko ushinzwe ubutabera mu muryango IBUKA arabisobanura yifashishije ingero z’uko ahandi byakozwe.

Ati “ Nko muri Cambodia bagize icyumba kihariye mu nkiko zisanzwe zo muri iki gihugu ariko gihuriweho n’abacamanza  mpuzamahanga ndetse  n’abari imbere mu gihugu. Muri Sierra Leone ibyo byarabaye, mu cyahoze ari Yugoslavia (Yougoslavie) imanza zabereye imbere mu gihugu.”

Yunzemo agira ati “ Ibyo byose kugera ku Rwanda ari naho tunarebera, kuko u Rwanda rujya gusaba ishyirwaho rya ruriya rukiko hari hashize iminsi mike hashyizweho urwo muri Yugoslavia kuko ho ubwicanyi bwamaze igihe buhagarikwa mu 1993, urukiko rwabo rushyirwaho mu 1993.”

Kalinda yakomeje agaragaza ko  “Hari hashize umwaka umwe gusa hagiyeho urwo rukiko, leta y’u Rwanda nayo isaba ko hashyirwaho urwo rukiko kugira ngo ruze guhana. Ariko niyo ukomeje gusesengura inyandiko z’abahanga mu by’amategeko cyane cyane ibyo twita ubutabera buzaho nyuma y’imvururu nk’izo (Transitional justice) buba busaba kuza kwegera abaturage  kuko nibwo buba buri buze gutanga umusanzu uhagije.”

Imwe mu miryango Mpuzamahanga ifasha kumenyakisha imanza z’abacyekwaho uruhare muri  Jenoside yakorewe Abatutsi zibera mu mahanga, yo yabwiye itangazamakuru ryacu ko ukurikije uko ibintu bimeze ari intambawe nziza kuba hari ibihugu byemera kuburanisha abagize Uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi Abarokotse Jenoside babyishimira.

Jean d’Arc   Murekatete ni umukozi w’umuryango  Haguruka ukora mu mushinga w’Ababiligi  Justice et M émoire ufasha mu kumenyekanisha izi manza.

Yagize ati “Abaturage bo bishimir ko byibura ubutabera bwabayeho bakanakatirwa, ibyaha bikabahama.”

Ishami ry’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda rishinzwe gukurikirana Abanyarwanda bari mu mahanga bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi,  naryo rigaragaza  ko abenshi mu bacyekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, baburanishirizwa hanze ibyaha bibahama kandi ko nayo ari intambwe nziza ikwiye kwishimirwa nubwo imanza ziba zitabereye mu Rwanda  aho icyaha cyabereye.

Jean Bosco Siboyintore uyobora iri shami ati “Nko muri  ziriya manza 22  mbabwiye  twatsinzemo, igihano gito  batanze  ni igihano cyo mu Buholandi  cyari imyaka 6  n’amezi Umunani. Nk’ubushinjacyaha twishimiye ko  yahamwe n’icyaha kuko ingufu zacu twashyizemo tugaragza ko icyaha yagikoze  ntabwo zabaye impfabusa n’ubwo tutishimiye igihano yahawe.”

Kuri ubu U rwanda rugaragaza ko rukomeje gukorana bya hafi n’ibihugu  bigicumbikiye  abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi  kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera kandi abenshi muri bon go bari ku mugabane wa Afurika aho nko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habarizwa 408, Uganda hari 277 n’abandi bakidegembya mu bindi bihugu.

Daniel HAKIZIAMANA