Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6131

Deprecated: Function WP_Dependencies->add_data() was called with an argument that is deprecated since version 6.9.0! IE conditional comments are ignored by all supported browsers. in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6131
Massamba Intore yateguye igitaramo kizagaragaramo udushya gusa - FLASH RADIO&TV

Massamba Intore yateguye igitaramo kizagaragaramo udushya gusa

Massamba Intore agiye gukora igitaramo cyo gusoza ukwezi ko “Gukunda Igihugu”, kizabera muri Romantic Garden ku Gisozi ku wa 29 Ukwakira 2021.

Ubuhanzi bwuzuye ubuhanga ni bwo bw'u Rwanda - Inyarwanda.com

Ni igitaramo Massamba Intore avuga ko kizagaragaramo udushya dutandukanye, turimo n’ikinamico ‘Ijana rya Bisangwa’.

Yagize ati “Urabona turacyari mu kwezi k’Ukwakira, tariki 1 buri wese arabizi ko ariwo munsi wo gukunda Igihugu, uku kwezi rero ntabwo kwari kurangira tudateguriye abakunzi b’umuziki igitaramo nk’iki.”

Muri iki gitaramo, uretse abazakina ikinamico ‘Ijana rya Bisangwa’, Massamba yiyambaje itsinda Gakondo asanzwe anabarizwamo n’Ibihame by’Imana nk’abataramyi bazacyitabira.

Kwinjira muri iki gitaramo kizatangira saa Moya z’ijoro kugeza saa Yine z’ijoro, bizaba bisaba ibihumbi 20 Frw ku muntu umwe ndetse akazahabwa icyo kunywa cy’ikaze.