Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Gen Muhoozi Kainerugaba yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali - FLASH RADIO&TV

Gen Muhoozi Kainerugaba yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka n’Umujyanama wihariye wa Perezida Museveni mu bijyanye n’umutekano, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yunamira ndetse ashyira indabo ku mva z’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Gen. Muhoozi yanasuye ingoro ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside iri ku Kimihurura.

Yanasuye kandi inyubako y’imyidagaduro ya Kigali Arena i Remera.

Gen Muhoozi yageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere mu ruzinduko rw’akazi rugamije kunoza umubano w’ibihugu byombi.

Akigera mu Rwanda yakiriwe na Charge d’Affaires wa Ambasade ya Uganda i Kigali, Anne Katusiime, Brigadier General Willy Rwagasana ukuriye abashinzwe umutekano w’abayobozi bakuru b’igihugu n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Ronald Rwivanga.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Gen Muhoozi Kainerugaba, aho baganiriye ku mubano w’u Rwanda na Uganda.

Ni uruzinduko rwa kabiri Lt Gen Muhoozi agiriye mu Rwanda mu gihe kitageze ku mezi atatu kuko yaherukaga i Kigali tariki 22 Mutarama 2022, nabwo yagiranye  ibiganiro na Perezida Paul Kagame.