Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Perezida Kagame yakiriye impapuro z'abambasaderi bashya Babiri - FLASH RADIO&TV

Perezida Kagame yakiriye impapuro z’abambasaderi bashya Babiri

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, impapuro zemerera abambasaderi barimo Gen Maj Richard Mutayoba Makanzo wa Tanzania, na Ibrahim Sidy Ibrahim Matar wa Libya guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.

Ibiro by’umukuru w’Igihugu byanditse kuri Twitter ko Perezida Kagame yakiriye aba bambasaderi kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Werurwe 2022.

Tanzania ni igihugu gisanganywe umubano n’u Rwanda mu ngeri nyinshi cyane cyane mu buhahirane binyuze mu bwikorezi bwo ku butaka.

Libya yo ni igihugu kiri gushaka uko cyakongera kwiyubaka kikagira amahoro nyuma y’intambara yo gukuraho Muhamar Khadaffi n’amakimbirane yayikurikiye kugeza n’ubu ibintu bitarasubira neza mu buryo.

Ni kimwe mu bihugu bifite petelori nyinshi kandi biri ahantu hashobora kugifasha gukorana n’ibindi bihugu cyane cyane ibyo mu Burayi bw’Amajyepfo hafi y’Inyanja ya Mediteranée.