Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Inteko ishinga amategeko ya Ghana yanyuzwe n’uburyo u Rwanda rwimakaje ihame ry’uburinganire - FLASH RADIO&TV

Inteko ishinga amategeko ya Ghana yanyuzwe n’uburyo u Rwanda rwimakaje ihame ry’uburinganire

Inteko ishingamategeko ya Ghana, yagaragaje kunyurwa n’uburyo u Rwanda rwimakaje ihame ry’uburinganire mu nzego zitandukanye.

Kuri ubu Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, aho yagiranye ibiganiro na mugenzi we uyobora Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite.

Ni ibiganiro byibanze kubufatanye bw’inteko zishinga Amategeko z’ibihugu byombi.

Nyuma y’ibiganiro byabereye mu muhezo Perezida w’inteko Ishinga Ametegko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite Mukabalisa Donatille, yavuze ko ibiganiro byamuhuje na mugenzi we uyobora Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana, byibanze kubufatanye bw’inteko zombi nibyo buri ruhande rwakwigira ku rundi.

Ati “Twaganiriye ku mikorere y’inteko zishinga amategeko zombi, tubagaragariza uburyo inteko ishingamategko yacu ikora n’uburyo iyabo ikora. Twasanze hari byinshi tugomba kwigiranaho.”

Alban Bagbin Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana, yavuze ko yanyuzwe n’uburyo u Rwanda rwimakaje ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore  mu ngeri zinyuranye.

Ati “Tuzagerageza gushyira mubikorwa bimwe mubyo twigiye ku Rwanda. By’umwihariko tuzibanda kubijyanye n’ihame ry’uburinganire kuko tubona mwarateye intambwe kuturusha, mubijyanye no kwimakaza uburinganire, uburyo mu ngengo y’imari mwita ku iri hame ry’uburinganire. Murabizi ko ku Isi munashimirwa ko muri aba mbere mu kugira abagore benshi mu Nteko Ishinga Amategeko”

U Rwanda na Ghana ni ibihugu bigirana ubufatanye mu ngeri zinyuranye.

 Muri Kamena uyu mwaka ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye ajyanye no gukora imiti n’inkingo, mu kurushaho kungurana ubumenyi.

Inzego z’umutekano z’ibihugu byombi, nazo ziherutse kwemeranya kurushaho gukomeza umubano mubijyanye n’ubwirinzi n’ubutasi.

Daniel Hakizimana