Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
RDC: Podiyumu yari kwakirirwaho Papa Francis yaguye - FLASH RADIO&TV

RDC: Podiyumu yari kwakirirwaho Papa Francis yaguye

Podiyumu yari kwakirirwaho Umushumba mukuru wa Kiriziya Gatorika ku Isi Papa Francis uri busure Repubulika ya Demokarasi ya Congo yasenyutse, kuri uyu wa mbere tariki 30 Mutarama 2023.

Iyi Podium ni iyo muri stade nkuru ya RDC yitiriwe abahowe Imana ‘Stade des Martyrs’, bikaba byari biteganyijwe ko hakirirwa Papa Francis ugirira uruzinduko muri iki gihugu kuva tariki 31 Mutarama kugera ku wa 02 Gashyantare 2023, rukazibanda ku butumwa bw’amahoro.

Amakuru dukesha Okapinews avuga ko iyi Podiyumu, ishobora kuba yasenyutse kubera imvura imaze iminsi iri kugwa cyane, mu murwa mukuru Kinshasa.

Kuri ubu itsinda ry’abenjeniyeri bateraniye kuri iyi stade yahoze yitwa Stade Kamanyola, ngo basane iyi podiyumu vuba na bwangu, ku buryo umunsi urangira yatunganye.

Tariki ya 011 Gashyantare 2023, Papa Francis w’imyaka 86 y’amavuko azasomera misa ku kibuga cy’indege cya Ndolo i Kinshasa.

ntumwa ya Papa Francis muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Musenyeri Ettore Balestrero, yavuze ko ‘Papa ashaka guhumuriza abanye-Congo bamaze imyaka mu bibazo. Arashaka komora ibikomere by’ibikorwa by’ihohoterwa’.