Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Rihanna na ASAP Rocky bari gutegura ubukwe mu ibanga - FLASH RADIO&TV

Rihanna na ASAP Rocky bari gutegura ubukwe mu ibanga

Umuhanzikazi Robyn Rihanna Fenty w’imyaka 35 wamamaye cyane nka Rihanna mu muziki, ni umwe mu bari kugarukwaho cyane biturutse ku nkuru nyinshi zazamuwe no gutangaza ko atwitiye umwana wa kabiri umukunzi we Rakim Athelaston Mayers uzwi nka A$AP Rocky, ubwo yari mugitaramo cya super bowl halftime show tariki 13 Gashyantare 2023.

Nyuma y’uko Rihanna agaragaye atwite, kuri ubu biravugwa ko agiye gukora ubukwe n’umuraperi A$AP Rocky.

Mu gihe abafana ba Rihanna bari biteguye kwakira alubumu ye ya cyenda yise “R9”, bashobora kuba bagiye gutenguhwa nuko agiye kwitegura ubukwe, ibyo gukora Alubumu ye akaba abihagaritse.

Ikinyamakuru Radaronline.com cyanditse ko ubukwe bw’aba bombi buzabera muri Barbados, iwabo wa Rihanna.

Iki kinyamakuru gukomezwa kivuga ko gutegura ubukwe no kubyara undi mwana, ari byo Rihanna ari kwibandaho muri iki gihe, nubwo ari gukora ibitaramo.

Amos Bizumuremyi