Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Kuva muri Nzeri uyu mwaka nta minibisi izongera gutwara abanyeshuri muri Kigali - FLASH RADIO&TV

Kuva muri Nzeri uyu mwaka nta minibisi izongera gutwara abanyeshuri muri Kigali

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro, RURA, cyatangaje ko guhera muri Nzeri 2023, nta minibisi izongera kwemererwa gutwara abanyeshuri mu Mujyi wa Kigali.

 Ibi bikaba bikubiye muri amwe mu mabwiriza  RURA yasohoye, agena uko umurimo wo gutwara abanyeshuri ugomba gukorwa.

Aya mabwiriza agena ko imodoka itwara abanyeshuri igomba kuba ifite isuku kandi buri mwanya ufite umukandara umwana agomba kwambara.

RURA yategetse ko buri minibisi kandi igomba kugira umuntu uyisuzuma, akareba niba amabwiriza yose akurikizwa.

RURA kandi yagaragaje ko abafite amashuri afite imodoka ko batangira kubisabira uburenganzira banyuze ku rubuga rwayo rwa murandasi, kugira ngo bemererwe gukora uwo murimo.