Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Ubujura bw’inka ku mipaka ihuza u Rwanda n’ibihugu bya Uganda na Tanzania buravuza ubuhuha - FLASH RADIO&TV

Ubujura bw’inka ku mipaka ihuza u Rwanda n’ibihugu bya Uganda na Tanzania buravuza ubuhuha

Mu Karere ka Nyagatare, hari abaturiye imirenge yegereye imipaka y’iguhugu cya Uganda na Tanzania, bahangayikishijwe n’ubujura bw’inka bukunze kuharangwa.

Aba borozi bagaragaza ko  ntako batagira ngo barinde inka zabo, ariko zikibwa ziciye ku mipaka, ibyo basaba   inzego bireba kubafasha gukumira ubu bujura mu buryo burambye.

Umwe ati “Abantu baza kuziba ni abo duturanye mu mirenge yacu.Uko byakemuka ni ugukaza ingamba mu marondo n’abashinzwe umutekano bakadufasha nabo tukabahashya.”

Undi ati “Ingamba zafatwa ni uko n’ubundi babandi bafashwe bajya babajyanamu buyobozi bakabahana bakurikije itegeko.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba CG Emmanuel GASANA, avuga ko hari ingamba z’ibihugu zo guhana abafatiwe muri ubu bujura, k’ubufatanye n’abashinzwe kurinda imipaka.

Ati “Hamwe n’izindi ngamba zari ziriho zogukumira no kurwanya ibyaha ndetse no gufata abajura kugira ngo bagane inzego z’ubutabera.”

Imirenge ikunze kumvikanamo ubujura bw’inka, ni Rwempasha, Musheri, Rwimiyaga, Matimba ,Gatunda n’uwa Kiyombe.

Imibare igaragazwa n’akarere ka Nyagatare,yerekana ko hashize amezi agera muri abiri, inka zigera kuri 39 zifatiwe mu  kagari ka Nyamikamba, Umurenge wa Gatunda, zivuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.

KWIGIRA Issa