Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakurikiranye imyitozo yo kumasha y’ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 17 Kanama 2023.
Ni imyitozo yabereye mu kigo gitangirwamo amasomo ya gisirikare i Gabiro, izwi nka Exercise Hard Punch 04/2023.
Iyi myitozo irangwa no kwerekana uko ibikoresho bya gisirikare bikoreshwa mu bikorwa bya gisirikare. Igamije gukarishya ubushobozi bwâabasirikare, kubereka uko bitwara ku rugamba, uko ibyiciro byâingabo bifatanya mu gihe cyâurugamba nâibindi.
Ibiro byâUmukuru wâIgihugu (Village Urugwiro) bibinyujije ku rubuga rwa âXâ rwahoze ari Twitter, byatangaje ko ari imyitozo ikomatanyirije hamwe, ni ukuvuga ko ihuza imitwe itandukanye yâingabo zaba izirwanira mu kirere no ku butaka.
Iyi myitozo yari yitabiriwe nâabandi bayobozi bakuru nkâUmugaba Mukuru wâIngabo zâu Rwanda, Lieutenant General Mubarakh Muganga, Minisitiri wâIngabo Juvenal Marizamunda nâabandi bagize Guverinoma.
Nyuma yâiyi myitozo, Perezida Kagame yaboneyeho umwanya wo kuganiriza ingabo zaba izikiri ku rugerero nâizavuye ku rugerero.
Ni ku nshuro ya Kane ingabo zâu Rwanda zitegura imyitozo nkâiyi, aho iheruka yabaye mu Ukuboza 2018.







