Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Madamu Jeannette Kagame yasoje ihuriro ryahurizaga hamwe abana bafashwa n’imbuto Foundation - FLASH RADIO&TV

Madamu Jeannette Kagame yasoje ihuriro ryahurizaga hamwe abana bafashwa n’imbuto Foundation

Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yitabiriye igikorwa cyo gusoza ihuriro ry’urubyiruko rya 13 ry’imbuto Zitoshye izwi nka ‘Edified Generation’ ryaberaga mu Karere ka Gisigara.

Iri huriro ryari rimaze iminsi ine, ryitabiriwe n’abanyehsuri 750 bafite imyaka 12 na 18 y’amavuko basanzwe bafashwa n’umuryango Imbuto Foundation.

Gahunda ya ‘Edified Generation’ yatangijwe na Madamu Jeannette Kagame muri 2002, hagamijwe kurihira amashuri abana batsinda neza mu ishuri ariko baturuka mu miryango idafite ubushobozi bwo kubabonera ibikenewe, ngo babashe kwiga neza.

Umuryango Imbuto Foundation uvuga ko kuva icyo gihe abanyeshuri bagera kuri 10,641 b’abahungu n’abakobwa ari bo bamaze guhabwa buruse zo kwiga mu mashuri yisumbuye.