Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Bisi zikoresha amashanyarazi zatangiye kugeragezwa muri Kigali - FLASH RADIO&TV

Bisi zikoresha amashanyarazi zatangiye kugeragezwa muri Kigali

Ni bisi zifite ubushobozi bwo kugenda ibirometero 300 zitarashiramo umuriro.

Batiri yayo gushyiramo umuriro ikuzura neza bitwara hagati y’amasaha 2 na 4.

Izigera kuri ebyiri nizo zigiye gutangira gukoreshwa mu mihanda y’i Kigali mu igerageza rizamara amezi atatu, ahazasuzumwa ubushobozi bwazo bwo kugenda mu mihanda yo mu Rwanda n’ibindi,nyuma akaba aribwo zemererwa  gukoreshwa mu gihugu muburyo bwa burundu.

Ngarambe Charles usanzwe afite ikigo gitwara abagenzi  KBS akaba ubumwe mubagiye gutangira kugerageza ubwo bwoko bwa bwa Bisi zikoresha amashanyarazi, avuga ko basanze ari nta makemwa zaba ari nziza kuzikorrsha kuko zitangiza ikirere.

Ikigo mpuzamahanga cyita ku ngufu  kigaragaza ko ubwikorezi bw’abantu n’ibintu bufite uruhare rwa 24% y’imyuka yose ihumanye yoherezwa mu kirere.

Kuzana mu Rwanda  Bisi zikoresha amashanyarazi biri muri gahunda y’igihugu yo kubagabanya ibinyabiziga bikoresha ibikomoka kuri PETEROLI ,hagakoreshwa ibikoresha amashanyarazi mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije .