Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Mu Rwanda:Impaka ku bagabo badakingiza abana babo - FLASH RADIO&TV

Mu Rwanda:Impaka ku bagabo badakingiza abana babo

Bamwe mu bagore bo mu mujyi wa Kigali, banenga abagabo bagifite imyumvire yuko gukingiza umwana ari ibyabagore gusa, kuko iyi myumvire ituma hari abana bacikanwa n’inkingo .

Iyo ugeze ku mavuriro atandukanye usanga abagore aribo benshi bazana abana babo kubakingiza, aho bisa n’ibyabaye ihame ko ari umurimo w’abagore.

Umunyamakuru wacu wageze ku kigo nderabuzima cya Kagugu, yasanze muri salle batangiramo inkingo harimo umugabo umwe wenyine abandi bose ari abagore.

Abaganiriye nitangazamakuru rya Flash, bahuriza ku kuba iyi myumvire igomba guhinduka.

Madame UWAMARIYA M.Claire, Umuganga ukurikirana inkingo z’abana ku kigo nderabuzima cya Kagugu, avuga ko abagabo batarumva neza ko kuba yajya gukingiza umwana we ari inshingano ze.

Umuvugizi wa Minisiteri y’ubuzima , Julien Mahoro Niyingabira, asaba abagabo guhindura imyumvire bakumva ko kwita ku mwana ari inshingano zababyeyi bombi.

Mu Rwanda gahunda yo gukingira abana yatangiye mu 1980, itangirana n’inkingo 6, zariho muricyo gihe.Uko imyaka yagiye ihita niko hagiye hiyongeramo n’izindi aho kuri ubu abana bahabwa inkingo 13 zibarinda indwara zitandukanye, harimo umusonga, mugiga, imbasa ndetse n’izindi.