Mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riherereye i Musanze, hasojwe ku mugaragaro icyiciro cya 14 cy’amasomo agenerwa ba Ofisiye bakuru, aho abapolisi 38 baturutse mu bihugu 10 bya Afurika bahawe impamyabumenyi nyuma y’umwaka wose w’amasomo agamije kubaka ubushobozi mu buyobozi, imiyoborere n’umutekano.
Aya masomo yatanzwe ku bufatanye bw’ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, Kaminuza y’u Rwanda na African Leadership University ,aho abitabiriye bahawe ubumenyi bujyanye n’imiyoborere ya Polisi, ubuyobozi bushingiye ku ndangagaciro ndetse n’amasomo yo ku rwego rwa kaminuza mu bijyanye n’amahoro, umutekano no gukemura amakimbirane.
Umuyobozi mukuru w’Ishuri rikuru rya Polisi, CP Christophe Bizimana, yavuze ko kurangiza aya masomo bidakwiye gufatwa nk’iherezo ry’urugendo ahubwo nk’intangiriro y’inshingano nshya. Yasabye aba bapolisi kuzasubira mu kazi bafite intego yo kuzana impinduka zifatika, gukorera mu mucyo no gukoresha ubumenyi bahawe mu kuzamura serivisi z’umutekano mu bihugu byabo.
Mu banyeshuri barangije harimo abo mu nzego zitandukanye z’umutekano zo mu Rwanda n’abo mu bindi bihugu birimo Central African Republic, Eswatini, Kenya, Malawi, Namibia, South Sudan, Somalia, The Gambia na Uganda. Mu Rwanda harimo abo muri Polisi y’u Rwanda, RIB, RCS na NISS.
Muri uwo muhango kandi hanahembwe abanyeshuri bitwaye neza kurusha abandi. Muri bo harimo Rashida Mugawe watsindiye igihembo cy’umushinga cyangwa igitabo cy’indashyikirwa, mu gihe umwanya wa mbere wegukanywe na Fraterne Muhawenimana.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yashimangiye ko isi y’umutekano iri guhinduka ku muvuduko mwinshi bitewe n’ikoranabuhanga n’uburyo ibyaha bigenda bihinduka, asaba aba bayobozi gukomeza kwiyungura ubumenyi no kurushaho gukorera hamwe hagati y’ibihugu.
Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda rikomeje kwigaragaza nk’ihuriro ry’amahugurwa y’abayobozi mu nzego z’umutekano ku mugabane wa Afurika, aho mu myaka ishize rimaze guhugura amagana y’abapolisi bo mu bihugu byinshi, hagamijwe kubaka urwego rw’umutekano rujyana n’ibibazo by’iki gihe kandi rufite ubushobozi bwo gukorana ku rwego mpuzamahanga.

