Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Kenya: Uhuru Kenyatta yasabye abaturage guca akenge - FLASH RADIO&TV

Kenya: Uhuru Kenyatta yasabye abaturage guca akenge

Perezida Uhuru Kenyatta yamurikiye abategetsi bagenzi be mu gihugu icyegeranyo kiswe ‘Building Briges Initiative’ kigamije kwerekana ahazaza h’Igihugu cye mu myaka iri imbere.

Iki cyegeranyo ntikivugwaho rumwe kuko abashaka ubutegetsi barimo icyegera cye William Ruto bavuga ko ari umugambi wa Kenyatta wo guha ubutegetsi Raila Odinga muri 2022.

Ikinyamakuru The Nation cyanditse ko uyu mutegetsi yasabye abari bitabiriye uyu muhango, ko bakwiye kwicara bagatekerereza igihugu uko kizabaho nyuma y’ubutegetsi bwe mu mwaka wa 2022.

Kenyatta ati “Maze abanya Kenya,tugomba gukura” , aho yakoresheje ijambo ry’icyongereza, ‘We have tobe Mature’.

Uyu mutegetsi yasabye abanya Kenya kuzatanga ibitekerezo bisanzuye mucyiswe inama y’umushyikirano izaba mu kwezi kwa mbere.

‘Building Bridges Initiative’ ni igitekerezo cyakurikiye ihana ikiganza rya Kenyatta na Odinga nk’ikimenyetso cyo gushakira amahoro abanya gihugu.