PEREZIDA PAUL KAGAME YAKIRANYWE URUGWIRO MURI TANZANIA

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame, yakiranywe urugwirao ubwo yageraga mu Mujyi wa Dar es Salaam mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe rugamije gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame ubwo yageraga muri Tanzania

Akigera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Julius Nyerere International Airport, Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane bw’Afurika y’Iburasirazuba wa Tanzania, Ambasaderi Mahmoud Thabit Kombo, ari kumwe n’abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma.


Muri uru ruzinduko, biteganyijwe ko Perezida Kagame aza kugirana ibiganiro na mugenzi we wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, bikabera ku Ngoro y’Umukuru w’Igihugu iri i Dar es Salaam.

Uru ruzinduko ritezweho kurushaho gukomeza umubano ukomeye kandi umaze igihe kinini hagati y’u Rwanda na Tanzania. Uwo mubano wakomeje gutera imbere mu myaka ishize binyuze muri Komisiyo Ihoraho Ihuriweho n’ibihugu byombi (Joint Permanent Commission – JPC), aho Tanzania iri mu bihugu bitatu bya mbere bifitanye ubucuruzi bwinshi n’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.

Ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi bukomeza kwiyongera buri mwaka.
Ku bijyanye n’ishoramari, kuva mu 1990 kugeza muri Werurwe 2026, Tanzania imaze kwandikisha imishinga 42 y’ishoramari yaturutse mu Rwanda ifite agaciro ka miliyoni 325.53 z’Amadolari ya Amerika, ikaba yaratanze imirimo igera ku 2,225 mu nzego zitandukanye zirimo inganda, ubwikorezi, serivisi z’imari, umutungo kamere ndetse n’ubukerarugendo.

Ku rundi ruhande, abashoramari bo muri Tanzania na bo bashoye imari mu Rwanda binyuze mu masosiyete atandukanye arimo Bakhresa Group, Magodoro Dodoma, Discount Center, Jambo Plastic, Sagar Enterprises, Buffalo Travelling Tours, Maxcom Africa, Gasabo Grain Milling Company, LCM Delta Company na Metrex Integrated Consultancy.