Perezida Kagame yasuye uruganda rukomeye rutunganya diyama muri Botswana

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane mu gitondo yagiriye uruzinduko muri Diamond Trading Company Botswana ruzwi nka DTC Botswana, ruherereye mu mujyi wa Gaborone.

DTC Botswana ni sosiyete ihuriweho na Leta ya Botswana hamwe na De Beers, aho buri ruhande rufitemo imigabane ingana na 50%. Iyi sosiyete izwi nk’ikorwa rinini kandi rigezweho ku Isi mu gutoranya no kugena agaciro ka diyama zitaratunganywa.

Amakuru yatangajwe agaragaza ko DTC Botswana ifite ubushobozi bwo gutoranya no kugenzura diyama zigera kuri miliyoni 45 za carats buri mwaka, ibintu bituma iba imwe mu nkingi zikomeye z’ubukungu bwa Botswana bushingiye cyane ku bucukuzi bwa diyama.

Perezida Kagame yeretswe ikoranabuhanga ryifashishwa

Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame, yagaragarijwe uburyo iri koranabuhanga rikoreshwa mu gutoranya diyama, uburyo zigenzurwa ndetse n’uruhare uru ruganda rugira mu guteza imbere ubukungu bwa Botswana no guhanga imirimo.

Uru ruzinduko ruri mu rwego rwo gukomeza umubano mwiza hagati y’u Rwanda na Botswana, ndetse no kureba uburyo ibihugu bya Afurika byakomeza gukorana mu guteza imbere inganda, ubucuruzi n’ishoramari rishingiye ku mutungo kamere.