Semenyo yahesheje Man City FA Cup nyuma yo gutsinda Chelsea ku mukino wa nyuma

Manchester City yegukanye FA Cup itsinze Chelsea, Guardiola yandika amateka mashya.

Igitego cya Semenyo cyahesheje Manchester City igikombe cya FA Cup imbere ya Chelsea. Ikipe ya Manchester City yegukanye igikombe cya FA Cup 2026 nyuma yo gutsinda Chelsea FC igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya Wembley mu Bwongereza.

Man City watwaye FA cup ku nshuro ya munani
LONDON, ENGLAND - MAY 16: Manchester City celebrate lifting the Emirates FA Cup trophy during the Emirates FA Cup Final match between Chelsea and Manchester City at Wembley Stadium on May 16, 2026 in London, England. (Photo by Catherine Ivill - AMA/Getty Images)
LONDON, ENGLAND - MAY 16: Players of Manchester City celebrate with the Emirates FA Cup trophy after their team's victory in the Emirates FA Cup Final match between Chelsea and Manchester City on May 16, 2026 in London, England. (Photo by Ryan Pierse/Getty Images)

Uyu mukino wari utegerejwe cyane wahuje amakipe abiri akomeye muri Premier League, ariko urangira ari igitego kimwe rukumbi cya Antoine Semenyo cyatandukanyije impande zombi. Semenyo yatsinze icyo gitego ku munota wa 72 w’umukino nyuma yo kwakira umupira mwiza wari uvuye kuri Erling Haaland, awushyira mu izamu mu buryo bwatangaje benshi.

Mu gice cya mbere amakipe yombi yakinnye yigengesereye cyane, ndetse Chelsea igerageza guhagarika uburyo Manchester City isanzwe yubakamo ibitero. Nubwo City yari ifite umupira igihe kinini, Chelsea nayo yageragezaga gusatira ikoresheje Cole Palmer na João Pedro ariko uburyo babonye ntibwabaye bwinshi.

Mu gice cya kabiri, ikipe ya Manchester City yagaragaye ifite imbaraga nyinshi nyuma y’impinduka zakozwe n’ umutoza Pep Guardiola. Kwinjiza Rayan Cherki byatanze imbaraga mu busatirizi, maze City ikomeza gusatira kugeza ubwo Semenyo yatsindaga igitego cy’intsinzi.

Chelsea yagerageje gushaka igitego cyo kwishyura mu minota ya nyuma binyuze kuri Enzo Fernández na Liam Delap ariko ubwugarizi bwa City bukomeza kuba bwiza kugeza umukino urangiye.

Iki gikombe cya FA Cup kibaye icya munani mu mateka ya Manchester City ndetse kiba n’igikombe cya gatatu cya FA Cup gitwawe na Guardiola kuva yagera muri iyi kipe. City kandi yahise yuzuza ibikombe bibiri byo mu Bwongereza muri uyu mwaka w’imikino nyuma yo no gutwara Carabao Cup.

Ku ruhande rwa Chelsea, iyi ntsinzwi yabaye indi nkuru mbi kuko yakomeje kugira ibibazo mu mikino ya nyuma y’ibikombe, ndetse inongera kubura amahirwe akomeye yo gusoza neza uyu mwaka w’imikino.