Rwanda: Hagaragaye ibihugu 13 abanyereza umutungo wa Leta bajya kuwuhishamo

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko hari ibihugu 13 bicyekwa kuba ariho abanyereza umutungo wa Leta bajya kuwuhisha, kandi u Rwanda rwatangiye gukorana na byo kugira ngo iyo mitungo igaruzwe.

Ibi bitangajwe nyuma y’aho umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, asabye ko ubucamanza bukwiye gukora akazi ka bwo mu gukurikirana abanyereza n’abakoresha nabi umutungo wa Leta.

Raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta iherutse gushyirwa ahagaragara, yerekana ko mu mwaka wa 2018,   amafaranga yakoreshejwe nta nyandiko ziyasobanura, ayasohotse inyandiko zidahagije, ayasesaguwe, ayasohotse nta burenganzira n’ayanyerejwe cyangwa yasohotse mu buriganya yose ari 5 n’igice mu gihe mu myaka ibiri yabanje yari asaga Miliyari 17.

N’ubwo byumwikana ko amafaranga akoreshwa nabi yagabanutse, Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta Biraro Obadiha, yasabye ubutabera gukora akazi kabwo kuko ngo nta faranga na rimwe rya Leta rikwiye kunyerezwa cyangwa gukoreshwa nabi.

Yagize ati“Rero  Ibimenyetso turabitanga, n’uwashaka n’ibindi, yaba ari nawe uzaze, ariko icyo ubikoresha ibyo ni bindi.”

Umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta

Mu bihe bitandukanye, Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe gukurikirana Imari n’Umutungo bya leta (PAC) bakunze kugaragaza ko batumva impamvu “ibifi binini” (abayobozi bakomeye) bataryozwa umutungo wa rubanda uba watikiriye mu bigo bayobora, bikarenga bikaryozwa bamwe mu bayobozi baciriritse. 

 Impuguke mu bukungu Dr. Bihira Canasius isanga hakwiye uburyo bwihariye bwo kubakurikirana.

Ati “Kongera ingengo y’imari ni ibintu byiza  bituma n’ubukungu butera imbere, ariko ni ingamba zo gukurikirana ko akoreshwa icyo yaganewe kugirango hatagira abayashyira mu mifuka yabo zigomba gushyirwaho.”

Dr. Bihira Canisius, impuguke mu bukungu

Uretse no kuba hari abayobozi bakomeye badafatwa ngo baryozwe ibya rubanda bitikirira mu bigo bikomeye, byanakunze kuvugwa ko hashobora kuba hari imbaraga nke z’ubutabera  kuko hari n’abafatwa nyuma y’igihe gito bakongera kugaragara bidegembya.

Umushinjacyaha Nyirurugo Jena Marie Vianney, ukuriye ishami ry’ubushinjacyaha bukuru rikurikirana ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu, yabwiye itangazamakuru rya Flash ko hari imanza nyinshi batsinze zabari bakurikiranyweho kunyereza umutungo wa Leta, kandi ko  ubu imitungo y’abacyekwaho iki cyaha isigaye ifatirwa.

Kuri ubu imitungo y’abasaga 200 bacyekwaho kunyereza umutungo wa Leta ngo yarafatiriwe. Naho kuba hari ibifi binini bifatwa bigahita birekurwa kubwo kubura ibimenteso, ubushinjacyaha nk’umuburanyi ngo hari ubwo bujurira iyo butanyuzwe n’umwanzuro w’urukiko.

Ati“Kugeza ubu hari ibibanza twafatiriye n’amazu birenga 200, hari imodoka twafatiriye hari n’ibimaze kunyagwa n’inkiko.”

Nyirurugo

Mu bihugu bitandukanye bya Afurika, abayobozi bakuru biba amafaranga bakajya kuyahisha mu mahanga, kandi biracyekwako no mu Rwanda ariko bimeze kuko hari ibihugu 13 bicyekwa kuba ariho abayobozi banyereza amafaranga ariho bayajyana. Nyirirugo Jean Marie Vianney avuga ko ubushinjacyaha bwatangiye gukora n’ibi bihugu n’ubwo yirinze kubivuga amazina.

Ati “Hari ibihugu bigera kuri 13 turi gukorana na byo mu iperereza, twabashyikirije ubusabe bwacu tubasaba ko badufasha mu iperereza kubo ducyeka ko baba baranyereje imitungo hano bakayihisha hanze.”

Ubushinjacyaha bunavuga ko bushyize ingufu mu guhugura abashinjacyaha, hagamijwe kubongerereza ubushobozi bwo gushaka ibimenyetso simusiga ku byaha bimunga ubukungu bw’igihugu.

Mu myaka itanu ishize, ubushinjacyaha buvuga ko bwashyikirije inkiko abamadosiye arenga 1900, aregwamo abantu barenga ibihumbi 2 bakurikiranweho umutungo ungana na Miliyari zirenga 55.

Inkuru ya Daniel HAKIZIMANA

Leave a Reply