Uganda: Biragoye kumva ko Leta iriho irwanya ruswa -Maj. Gen. Mugisha Muntu

Rtd. Maj.Gen. Mugisha Muntu avuga
ko bitakoroha kumvisha Abagande ko Leta iriho irwanya ruswa kandi ba minisitiri
n’abandi bategetsi baza ku isonga mu kuyirya.

Rtd.
Maj.Gen. Muntu kuri ubu uyoboye
Ishyaka Alliance for National Transformation (ANT) avuga ko Abagande bashobora
kuba bibeshya ko Perezida Museveni yarwanya ruswa kandi na we ayikoresha mu
kuguma ku butegetsi.

Kuwa
4 Ukuboza 2019, biteganyijwe ko Perezida Museveni n’abandi bayobozi bazakora
urugendo rwamagana ruswa.

Avuga
kuri uru rugendo Gen. Muntu yavuze ko ari “Ukujijisha” rubanda ndetse
no “guta umwanya” kugira ngo rugire ngo Museveni afite umutima wo
kurwanya ruswa.

Ikinyamakuru
The Monitor cyanditse ko uyu wahoze mu gisirikare agahindukira akarwanya
ubutegetsi yahoze ashyigikiye avuga ko Museveni atarwanya ruswa kandi na we
ayikoresha ngo agume ku butegetsi.

Abanya-Uganda
bazemera ko agiye kurandura ruswa natangira guta muri yombi no kuburanisha
abaminisitiri, abanyamabanga ba Leta bahoraho n’abandi bakozi ba Leta bagiye
bavugwa mu bikorwa bya ruswa.