Rwanda: Abarwayi ba Covid-19 bageze kuri 50

Abarwayi bashya bagaragayeho icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda ni 9, bikaba byatumye bose hamwe baba 50, abenshi muri bo baturutse i Dubai .

Itangazo rya Minisiteri y’ubuzima rigaragaza ko abarwayi babonywe uyu munsi barimo:

  • Abantu 5 baje baturutse I Dubai bahita bashyirwa mi kato.
  • Umuntu umwe waje aturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nawe wahise ashyirwau kato.
    -Umuntu umwe waje aturutse mu Buhorandi watahuweho ko yahuye n’undi urwaye Coronavirus mu Rwanda, ahita ashyirwau mu kato.

-Abantu babiri byagaragaye ko bahuye n’abandi barwaye Coronavirus mu Rwanda, nabo bahise bashyirwa mu kato.

Iyi Minisiteri igaragaza ko abarwayi bose bari kuvurirwa ahabugenewe Kandi ko bari koroherwa.

Abenshi muri aba barwayi ngo nta bimenyetso bya Coronavirus bagaragaza Kandi ngo nta n’umwe urembye.

Iyi Minisiteri ivuga ko hanashakishijwe abantu Bose baba narahuye nabo kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuvuzi.

Itangazo rya Minisiteri y’ubuzima rigaragaza ko abarwayi babonywe uyu munsi barimo:

-Abantu 5 baje baturutse I Dubai bahita bashyirwa mi kato

-Umuntu umwe waje aturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nawe wahise ashyirwau kato.

-Umuntu umwe waje aturutse mu Buhorandi watahuweho ko yahuye n’undi urwaye Coronavirus mu Rwanda, ahita ashyirwau mu kato.

-Abantu babiri byagaragaye ko bahuye n’abandi barwaye Coronavirus mu Rwanda, nabo bahise bashyirwa mu kato.

Iyi Minisiteri igaragaza ko abarwayi bose bari kuvurirwa ahabugenewe kandi ko bari koroherwa.

Abenshi muri aba barwayi ngo nta bimenyetso bya Coronavirus bagaragaza Kandi ngo nta n’umwe urembye.

Iyi Minisiteri ivuga ko hanashakishijwe abantu bose baba narahuye nabo kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuvuzi.