Perezida Ruto aragirira uruzinduko mu Rwanda

Perezida wa Kenya William Ruto, aragera mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Mata 2023.

Ni uruzinduko rugamije gutsura umubano w’ibihugu byombi.

Ni uruzinduko rwe rwa mbere kuva yatorerwa kuyobora Kenya mu mpera z’umwaka ushize wa 2022.

Ni uruzinduko rwe rwa mbere kuva yatorerwa kuyobora Kenya muri Kamena 2022.

Byitezwe ko aza kwakirwa n’Umukuru w’Igihugu muri Village Urugwiro, nyuma bombi baze kugirana ikiganiro n’abanyamakuru. Araza kandi gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, anasure Carnegie Mellon University i Masoro.

Bivugwa kandi ko Perezida Kagame aza kwakira Ruto mu musangiro ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.