Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Kamena 2026, i Paris mu Bufaransa habereye inama idasanzwe y’Abaminisitiri bo mu bihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wa La Francophonie (CMF), yatangiye kwakira ku mugaragaro abakandida bahatanira umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.
Ni ubwa mbere mu mateka y’uyu muryango hakoreshejwe uburyo bwo guha abakandida umwanya wo kwisobanura no kumurika gahunda zabo imbere y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu na za guverinoma biwugize, aho buri mukandida yahawe iminota 45.
Abakandida bane ni bo bari mu irushanwa, barimo Umunyamabanga Mukuru uriho, Louise Mushikiwabo, hamwe n’abandi baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Mauritania na Roumania.
Iki gikorwa kiri mu myiteguro y’amatora azatorerwamo Umunyamabanga Mukuru wa manda ya 2027–2030, ateganyijwe kuzabera i Phnom Penh mu Gushyingo 2026.
Iyi gahunda nshya yaturutse ku mavugurura yemejwe mu nama idasanzwe y’Abaminisitiri yabaye muri Werurwe 2022, agamije gutuma uburyo bwo gutora buyobora OIF burushaho kugaragara no guha abakandida amahirwe angana.
Mbere, kuva uyu mwanya washyirwaho mu 1997, uwatorwaga ahanini byashingiraga ku biganiro bya dipolomasi no kumvikana hagati y’ibihugu.
Amategeko mashya yashyizeho uburyo burimo gutanga kandidatire hakiri kare, gutanga gahunda z’ibyo umukandida ateganya gukora ndetse no kubisobanura imbere y’abaminisitiri mbere y’uko abakuru b’ibihugu na za guverinoma bafata icyemezo cya nyuma.
Umuryango wa La Francophonie uhuza ibihugu na za guverinoma 90 zo ku migabane itanu, ukaba ugizwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 396 bavuga ururimi rw’Igifaransa ku Isi.

