Iran yarashe mu bihugu bitandatu, itangaza ko yafunze umuhora wa Hormu

Iran cyagabye ibitero mu bihugu bitandatu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, mu gihe intambara hagati yayo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikomeje gukaza umurego.

Ibi bitero byabaye nyuma y’ibitero bya misile n’indege zitagira abapilote (drones) hagati ya Iran na Amerika.

Kuva ku wa 12 Nyakanga, ibihugu byatangaje ko byibasiwe n’ibitero bya Iran ni Qatar, Oman, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Jordan, Bahrain na Kuwait. Ibi bihugu byatangaje ko byaburijemo ibitero bya drones na misile za Iran byerekezaga ku birindiro bya gisirikare cyangwa ahari ibikorwa bya Amerika.

Iran yavuze ko ibitero byayo byari bigamije kwibasira ibirindiro bya gisirikare bya Amerika biri muri ibyo bihugu.

Ingabo za Iran zatangaje ko zasenye ikigo gishinzwe kuyobora ibikorwa bya gisirikare n’ahabikwa drones muri Jordan, zigatera ahari radar za Amerika n’ibikoresho bya misile muri Kuwait.

Zinanavuga ko zateye ahari indege n’ibikoresho byo kongera lisansi mu ndege muri Oman ndetse n’ikigo cyo gusana indege n’ahakorerwa ubuyobozi bwa gisirikare muri Qatar.

Qatar yatangaje ko abantu batatu, harimo umwana, bakomeretse bitewe n’ibice by’ibisasu byaguye nyuma y’igitero, ivuga ko Iran ari yo ibazwa n’amategeko ku byabaye. UAE yavuze ko ingabo zayo zarashe drones na misile byaturutse muri Iran, mu gihe Bahrain yatangaje ko yahagaritse ibitero byinshi by’indege za Iran.

Jordan na yo yatangaje ko yahagaritse misile enye zari zinjiye mu kirere cyayo, ivuga ko nta muntu wakomeretse cyangwa ibyangiritse byatewe n’icyo gitero.

Ku rundi ruhande Amerika na yo yagabye ibitero mu bice bitandukanye bya Iran kuva mu ijoro ryacyeye kugeza ku wa 13 Nyakanga.

Iran yatangaje ko yafunze umuhora wa Hormuz

Mu gihe ibitero byakomezaga, Iran yatangaje ko yafunze Umuhora wa Hormuz, imwe mu nzira zinyuzwamo ibikomoka kuri peteroli bingana na 20% by’ikoreshwa ku Isi hose.

Ingabo za Iran zatangaje ko uyu muhora wafunzwe nyuma y’uko ubwato bwari bunyuze mu nzira itemewe bukaraswa.

Ariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zavuze ko Iran idafite ububasha bwo gufunga uwo muhora, zivuga ko ubwato bukomeje kuwunyuramo. Ubuyobozi bw’ingabo za Amerika muri ako karere (CENTCOM) bwatangaje ko Hormuz ari nyabagendwa ku bwato bukora ingendo zemewe.

Perezida Donald Trump na we yavuze ko umuhora wa Hormuz ufunguye ku bwato bukora ubucuruzi.

Kuva intambara hagati ya Amerika na Iran yongeye gukara, ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutse hejuru ya 4% kubera impungenge z’uko ubwikorezi bwa peteroli bunyura muri Hormuz bushobora guhungabana.

Amerika yagabye ibitero ku bice bitandukanye bya Iran mu gihe intambara yongeye gukaza umurego