Amahanga yokeje Uganda igitutu ku kibazo cya Bobi Wine

Leta zunze Ubumwe za Amerika zokeje igitutu Uganda, zisaba ko icyo gihugu cyatanga ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo no gukora za inama kubanya-politiki.

Nk’uko tubikesha, ibinyamakuru byo mu karere, Amerika yavuze ko Uganda itubahiriza ibikubiye mu itegeko nshinga, rivuga ko buri wese afite uburenganira bwo kwishyira ukizana.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda, Ofono Opondo, yavuze ko nta munyapolitiki cyangwa umuririmbyi muri Uganda ubuzwa kwisanzura; gusa yatsindagiye ko bose bagomba kuzirikana ko ntawe uri hejuru y’amategeko.

Muri iki gihe haravugwa umunyapolitiki w’umuririmbyi Bobi Wine utemererwa gukora ibitaramo kubera ko ari umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi.

Leave a Reply