Imirwano ikomeye yabereye mu gace ka Mulima, muri Teritwari ya Fizi, ku Cyumweru tariki ya 6 Nzeri 2026, yakomye mu nkokora ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), by’umwihariko abacanshuro barimo Abakolombiya bazifasha mu mirwano. Amakuru ava mu gace k’urugamba avuga ko bamwe muri abo bacanshuro bahungiye mu mujyi wa Uvira nyuma yo gusubizwa inyuma na M23 na Twirwaneho.
Amakuru aturuka ku mirongo y’urugamba avuga ko imirwano yabereye kwa Mulima yari ikomeye, aho AFC/M23 na Twirwaneho bagabye ibitero ku birindiro by’ingabo zishyigikiye Leta ya Kinshasa.
Muri iyo mirwano, abacanshuro bakorera ku ruhande rwa Leta ya RDC ngo bahuye n’ibibazo bikomeye, bamwe muri bo bahitamo kuva ku rugamba berekeza mu mujyi wa Uvira.
Amakuru avuga ko bamwe mu bacanshuro bari kumwe n’ingabo za Leta biciwe muri iyo mirwano, mu gihe abandi bahungiye muri teritwari ya Uvira. Icyakora, kugeza ubu nta mubare uzwi kandi wizewe w’ababa barapfuye cyangwa abakomeretse uratangazwa.
Kuba abacanshuro baturuka mu mahanga, cyane cyane muri Colombia, bari mu bikorwa bya gisirikare bya RDC si ibintu bishya.
Raporo zitandukanye zatangaje ko Leta ya RDC yagiye ikoresha abacanshuro b’abanyamahanga mu bikorwa byo gufasha FARDC guhangana n’imitwe iyirwanya mu burasirazuba bw’igihugu.
Abo barwanyi bagiye banavugwa mu bikorwa byo gukoresha drones no gushyigikira ibikorwa bya gisirikare mu bice bya Kivu y’Amajyepfo, biri hafi ya Uvira.
Mu mirwano yo kwa Mulima, amakuru avuga ko aba bacanshuro bagize uruhare mu bikorwa byo kurwanira hamwe n’ingabo za Leta, ariko ko nyuma y’ibitero by’AFC/M23 na Twirwaneho bamwe basubiye inyuma begahungira Uvira.
Ntabwo abacanshuro ari bo bonyine bivugwa ko bagize igihombo muri iyi mirwano. Amakuru ava ku mirongo y’urugamba avuga ko n’ingabo za FARDC ndetse n’abarwanyi bafatanyije nabo baguye cyangwa bagakomereka, mu gihe hari n’ibikoresho bya gisirikare byatakaye.
Ibi ngo byatumye bamwe mu barwanyi bari ku ruhande rwa Leta basubira inyuma, mu gihe AFC/M23 na Twirwaneho bakomeje kongera igitutu muri ako gace.
Kwa Mulima ni kamwe mu duce twabereyemo imirwano ikomeye mu minsi ishize mu misozi ya Fizi. AFC/M23 na Twirwaneho bakomeje kugerageza kwagura ibice bagenzura mu gihe ingabo za Leta ya RDC n’imitwe izishyigikiye zigerageza kubigaruramo.
Muri Nyakanga, izi mpande zari zarafashe Point-Zéro, agace gafatwa nk’ingenzi mu kugenzura inzira zihuza Minembwe, Mikenke, Mwenga na Fizi.
Nyuma yo kugenzura ako gace, amakuru avuga ko ibikorwa bya gisirikare byakomereje mu bindi bice bya Fizi, birimo kwa Mulima na Kanguli.

