Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Uganda: Perezida Museveni yihanangirije abatuka abasirikare - FLASH RADIO&TV

Uganda: Perezida Museveni yihanangirije abatuka abasirikare

Perezida Yoweli Kaguta Museveni yatanze gasopo ku baturage bihandagaza bagatuka abasirikare, avuga ko bitazihanganirwa na gato kandi ko ari icyaha kitababarirwa.

Ubwo yatangizaga umwaka w’ubucamanza Perezida Museveni yavuze ko inkiko zidakwiriye kwihanganira abatuka abasirikare b’igihugu kubera uruhare rwabo mu iterambere.

Ikinyamakuru Chimpreports cyanditse ko Perezida wa Uganda avuga ko hari abatukana bitwaje ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, ariko ko iyo bigeze ku ngabo ari kirazira kikaziririzwa.

Muri Uganda hamaze iminsi havugwa abahangana n’inzego z’ndetse n’abahangara inzego bitwaje ko ari uburenganzira bwabo gutanga ibitekerezo.

Uwavuzwe cyane ni bwana Kakwenza Rukirabashaija watawe muri yombi azira gutuka ba Gerenal Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba.

Uyu mukuru w’igihugu yavuze ko mu ndangagaciro za NRA, uwatukaga ingabo nawe ubwe yamwihaniraga, yasabye inkiko kutazorohera na gato abazatinyuka gutuka abantu bambaye impuzankano y’abashinzwe umutekano, ndetse ngo uzabigerageza ntibizamuhira.