Rutahizamu w’ikirangirire wa Brazil, Neymar Jr., yasezeye burundu mu ikipe y’igihugu nyuma yo gusezererwa na Norway muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi cya 2026, mu mukino warangiye Norway itsinze ibitego 2-1.
Nyuma y’uko umusifuzi avuze ko umukino urangiye, Neymar yagaragaye arira cyane imbere y’abafana ndetse n’abakinnyi bagenzi be, mbere yo gutangaza ko urugendo rwe mu ikipe y’igihugu rurangiye.
Yagize ati: “Nagerageje, nagerageje. Natangiriye hano kuri MetLife Stadium, kandi ni na ho mpfatiye umwanzuro wo gusoza. Byarangiye.”
Ni amagambo asoje imyaka 16 yari amaze yambaye umwambaro wa Brazil, nyuma yo kuyikinira bwa mbere ku wa 10 Kanama 2010 mu mukino wa gicuti wahuje Brazil na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, na wo wabereye kuri MetLife Stadium. Uwo mukino yahise awutsindamo igitego cye cya mbere mu ikipe y’igihugu. Mu rugendo rwe rwose, Neymar yakiniye Brazil imikino 130, ayitsindira ibitego 80 ndetse atanga imipira 59 yavuyemo ibitego, ibintu byatumye aba umukinnyi umaze gutsindira Brazil ibitego byinshi kurusha abandi bose mu mateka, arusha ibitego bitatu Pelé.
Mu bikombe by’Isi bine yakinnye (2014, 2018, 2022 na 2026), Neymar yanditse amateka yo kuba umwe mu bakinnyi babiri gusa ba Brazil batsinze nibura igitego muri buri Gikombe cy’Isi mu bihe bine bitandukanye, aho yahise anganya na Pelé. Muri rusange yasoje ibikombe by’Isi afite ibitego icyenda.
Nubwo atigeze afasha Brazil kongera gutwara Igikombe cy’Isi, yagize uruhare rukomeye mu bindi bikombe yegukanye hamwe n’iyi kipe. Mu 2013 yafashije Brazil gutwara FIFA Confederations Cup, aho yanabaye umukinnyi mwiza w’irushanwa. Mu 2016 kandi yayoboye Brazil yegukana umudali wa zahabu mu mikino ya Olempike yabereye i Rio de Janeiro, uba uwa mbere mu mateka y’iki gihugu muri ruhago y’abagabo. Mbere yari yaranegukanye n’umudali wa silver mu mikino Olempike ya Londres mu 2012.
Neymar yageze mu ikipe y’igihugu afite imyaka 18 gusa, ahita aba umwe mu bakinnyi bubakiweho umushinga mushya wa Brazil nyuma y’igihe cya Kaká, Ronaldinho na Robinho. Mu myaka yakurikiyeho yabaye kapiteni, atwara , ndetse agenda aca uduhigo twinshi nubwo yakunze kubangamirwa n’imvune zikomeye.
Mu Gikombe cy’Isi cya 2014 cyabereye iwabo muri Brazil, imvune yagize muri 1/4 cy’irangiza yamubujije gukina imikino ya nyuma, ari na bwo Brazil yatsindwaga ibitego 7-1 n’u Budage muri 1/2. Mu 2022 na bwo yasezerewe na Croatia kuri penaliti, mbere y’uko asoreza urugendo rwe mu 2026 asezerewe na Norway.
Igitego cya penaliti yatsinze Norway ni cyo cya nyuma yanditse mu mwambaro wa Brazil, asoza amateka akomeye azahora yibukwaho nk’umukinnyi watsindiye igihugu cye ibitego byinshi kurusha abandi bose, nubwo inzozi zo kugitwarira Igikombe cy’Isi zitabashije gusohora.

