Kenya: Perezida Ruto yategetse abanyamahanga guhagarika ubucuruzi buto

Perezida wa Kenya, William Ruto, yatangaje ko abanyamahanga bakora ubucuruzi buto muri iki gihugu bagiye guhagarikwa, mu cyemezo avuga ko kigamije kurinda amahirwe y’Abanyakenya no kubaha umwanya wo kwihangira imirimo.

Ruto yatanze iri tangazo ku wa 2 Nzeri 2026, ubwo yari yakiriye abahagarariye abacuruzi bo mu rwego rw’ibigo bito n’ibiciriritse (MSMEs) muri State House i Nairobi.

Yavuze ko guhera ku wa 7 Nzeri 2026, Leta izatangira gufatira ibyemezo abanyamahanga bakora ibikorwa by’ubucuruzi buto, cyane cyane ubucuruzi bwo ku mihanda n’amaduka mato.

Perezida Ruto yavuze ko Kenya ikomeje kwakira abashoramari b’abanyamahanga, ariko ko hari itandukaniro hagati y’ishoramari rinini n’ubucuruzi buto bushobora gukorwa n’Abanyakenya.

Ati abanyamahanga ntibakwiye kuza muri Kenya bagakora ubucuruzi busaba igishoro gito mu gihe Abanyakenya na bo bashaka gukoresha ayo mahirwe mu kwihangira imirimo.

Mu ijambo rye imbere y’abacuruzi, Ruto yavuze ko ibikorwa byo kugenzura no guhagarika ubwo bucuruzi bizatangira ku wa Mbere, tariki ya 7 Nzeri.

Yagize ati: “Guhera mu cyumweru gitaha, abacuruzi bose bakora ubwo bucuruzi buto bagomba kubuhagarika.”

Iri tangazo ryibanze cyane ku bacuruzi bo ku mihanda ndetse n’abafite amaduka mato, kuko ari ibikorwa Perezida Ruto avuga ko bikwiye guhabwa Abanyakenya.