Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Musanze: Visi Meya arafunzwe azira gukubita umugore we - FLASH RADIO&TV

Musanze: Visi Meya arafunzwe azira gukubita umugore we

Ndabereye Augustin Visi Meya w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu, ari mu maboko ya Polisi akekwaho gukubita no gukomeretsa umugore bashakanye.

Amakuru avuga ko uyu muyobozi w’akarere wungirije yagejejwe kuri Station ya RIB ya Musanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2019, umunsi yakubitiyeho umugore we akamukomeretsa bikomeye.

Biravugwo ko icyatumye uyu mugabo yibasira umugore akamukubita bikomeye akanamukurura imisatsi, ari amakimbirane bagiranye.

Kuri ubu uyu mugore wakubiswe ari kuvurirwa mu bitaro bya Ruhengeri biherereye mu karere ka Musanze.

Ubwo yaganiraga n’IGIHE, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney yemeye ko Ndabereye akekwaho gukubita umugore we.

Ati “Twagiye tumwihanangiriza inshuro nyinshi ariko turizera ko ubutabera buza gukora akazi kabwo kuko iyo atari imyitwarire ikwiriye Umuyobozi ku rwego urwo arirwo rwose.”

Ndabereye Augustin Visi Meya w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu