Kenya: Amashuri 3000 yatumye abagenzuzi b’uburezi banengwa cyane

Minisitiri w’Uburezi  Prof George Magoha yaneze bikomeye abagenzuzi
b’uburezi mu gihugu, nyuma yo gusanga hari amashuli agera ku 3000 yakoraga
kandi atanditse nta nahamwe azwi na leta kandi aba ngaba babizi.

Uyu
mutegetsi wemera ko ari ikimwaro ku rwego rw’uburezi, yavuze ko mu igenzura iyi
ministeri yakoze yasanze abagenzuzi b’uburezi badakurikirana ibibera mu mashuri
hagashira imyaka 6.

Ikinyamakuru
The Nation cyanditse ko uyu mutegetsi yasabye abashinzwe amashuli kumanuka
bakava mu biro kabagera aho amashuli ari, kuko gutegereza raporo bikunze kuzanamo
gutekinika.

Mu
minsi mike ishize abategetsi bafunze amashuli atujuje ibisabwa, ba nyirayo
bajya mu nkiko bavuga ko hari abana babarirwa muri za miliyoni bazabura
amahirwe yo kwiga. Ubu noneho abategetsi bavuze ko ikitwa ishuli cyose kitujuje
ibisabwa kigomba gufungwa ntayandi mananiza.