Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
BURUNDI: Abakomisiyoneri ba ‘Morgue’ bahagurukiwe - FLASH RADIO&TV

BURUNDI: Abakomisiyoneri ba ‘Morgue’ bahagurukiwe

Ministeri z’Ubuzima n’Uburezi zahagurukiye ikibazo cy’abakomisiyoneri basigaye banakorana n’abayobora uburuhukiro bw’abapfuye kugira ngo uwawe wapfuye aruhukireyo.

Ikinyamakuru Iwacu cyanditse ko hari hamaze igihe havugwa abantu bakorana n’abashinzwe uburuhukiro bw’ibitaro, upfushije uwe kugira ngo igihe atarashyingurwa aruhukireyo abanza gucibwa akantu bitandukanye n’uko ‘Morgue’ zisanzwe zishyurwa.

Iki kinyamakuru cyanditseko mu mpera z’icyumweru gishize hari ubutumwa bwaherekanijwe cyane kuri ‘WhatsApp’ aho umuryango wari wapfushije wabuze ahantu na hamwe wabona uburuhukiro, ni ukuvuga ‘morgue’, ariko umukomisiyoneri akababwira ko bafite amafaranga babona uburuhukiro bw’umurambo igihe bakisuganya gushyingura.

Iki kinyamakuru ngo kinyabije ku bitaro bya Kaminuza bya Kamenge ahamenyerewe nka Roi Khaled ngo gishakishe amashirakinyoma.

Umunyamakuru ngo yageze ku buruhukiro bw’ibi bitaro haza Imbagukiragutabara 2zizwi nka ‘ambulance’ mu ndimi z’amahanga zirimo imirambo, bene yo bayinjiza muri ‘morgue’ bajya kuyisezera.

Abasohotse bongoreye umunyamakuru ko kugira ngo imirambo y’ababo ibone aho ijya muri ‘Morgue’ byasabye gutanga ruswa, bihita biba igihamya ko muri za ‘Morgue’ mu Kamenge haba abakomisiyoneri baca amafaranga abapfushije.

Ba Minisitiri b’Ubuzima n’Uburezi bamaze kumva ubutumwa bwatambutse kuri ‘WhatsApp’ nabo ngo bahamagaje ibitaro bifite uburuhukiro hakorwa iperereza na polisi n’abakekwa kuba abakomisiyoneri muri ubu bucuruzi bazakurikiranwa.