Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Kamonyi ku isonga mu kugira abanywi b’itabi benshi - FLASH RADIO&TV

Kamonyi ku isonga mu kugira abanywi b’itabi benshi

Imibare iherutse gutangazwa  n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare igaragaza ko 7% by’Abanyarwanda bose ari abanywi b’itabi bahoraho.

Abatuye Intara y’Amajyepfo nibo barinywa kenshi kurusha ahandi.

Mu myaka itanu ishize mu bushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima, bwagaragaje ko Intara y’amajyepfo iza ku mwanya wa mbere mugihugu kugira abaturage banywa itabi ku rugero rwa 9.8%. Akarere ka Kamonyi ni ko gafite abaturage benshi banywa itabi muri iyi ntara.

Ubushakashatsi bwerekana ko kunywa itabi kuri ubu byiganje mu bakiri bato bitandukanye na kera aho ryanywebwaga n’abageze mu zabukuru.

Kubera ko Umunyarwanda akunda gutuma umwana we cyangwa undi aruta, hari abantu batangiye gutumura umwotsi w’itabi bakiri bato cyane ahanini   bitewe n’uko babisabwaga na ba Se cyangwa Sekuru iyo babaga babatumye ‘kubadomekera agatabi.’

Abanyarwanda bo hambere bo bavugaga ko ‘nta mugabo’ utanywa inzoga n’itabi.

Umukozi w’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima Ntaganda Evariste ukora muri serivisi z’indwara zitandura, yabwiye RBA  ko kunywa itabi bitera indwara zitandura zitandukanye zirimo n’iz’ubuhumekero.

Avuga ko umuntu wese yagombye kuzirikana ko afite inshingano zo kwita ku mubiri we n’ubuzima bwe akabirinda icyabuhumanya cyangwa ngo kibwangize mu bundi buryo.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko agiye gukorana n’abandi bafatanyije mu buyobozi bagatangiza ubukangurambaga bwo guhashya itabi.

Imibare igaragaza ko Akarere ka mbere gafite abaturage banywa itabi ari Kamonyi kuko bangana na 9.8%.

Yvette Umutesi