Burkina Faso: Inzego z’umutekano zaburijemo ihitikwa ry’ubutegetsi

Leta ya gisirikare ya Burkina Faso ivuga ko inzego z’umutekano n’iz’ubutasi z’iki gihugu zaburijemo igerageza ryo guhirika ubutegetsi.

Hashize hafi umwaka umwe Kapiteni Ibrahim Traoré, Perezida w’inzibacyuho muri iki gihe, na we ubwe afashe ubutegetsi ahiritse ubwari buriho.

Mu itangazo ryasomwe kuri televiziyo, agatsiko ka gisirikare kari ku butegetsi kavuze ko abasirikare katatangaje amazina hamwe n’abandi bantu bari bacuze umugambi wo guhungabanya Burkina Faso.

Ibiro ntaramakuru Reuters bisubiramo amagambo yo muri iryo tangazo rivuga ko abo bari bafite “ubushake bubi bwo gutera inzego za repubulika no gushora igihugu cyacu mu kajagari”.