Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwafashe abantu 6 bacyekwaho kugaba ibitero by’ikoranabuhanga kuri imwe muri banki zo mu Rwanda bakiba agera kuri miliyoni 100 Frw.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Nyakanga 2024 nibwo RIB yatangaje ndetse inerekana abantu bafashwe bacyekwaho kugaba ibitero by’ikoranabuhanga kuri imwe muri banki zo mu Rwanda bakiba agera kuri miliyoni 100 Frw.