I MAGERAGERE:Fatakumavuta yacyeje umuhanzi The Ben,ahishura ko indirimbo indabo zanjye yakunzwe cyane mu igororero.

 

SENGABO Jean Bosco,wamenyekanye nka FATAKUMAVUTA uri kugororerwa mu igorero rya Nyarugenge riherereye i Mageragere yagaragaje ko indirimbo “Indabyo zanjye” ya The Ben ari indirimbo yakunzwe bikomeye muri iri gororero.

Sengabo Jean Bosco usigaye ari umuyobozi wungirije ushinzwe urubyiruko,imyidagaduro na siporo muri iri gororero yabigarutseho mu Kiganiro yagiranye na Igihe ubwo yari abajijwe ibijyanye n’imyidagaduro muri iri gororero,n’uburyo yakiriye zimwe mu ndirimbo zasohotse ubwo yari afunzwe.

Yagaragaje ko iyi ndirimbo yakunzwe cyane bitewe n’umwe mu bakoreshejwe mu mashusho yayo uzwi ku izina rya “Kabila”wanyuze muri iri gororero agaragaza ko iyo barebaga iyi ndirimbo kuri Televiziyo abagororwa bayishimiraga cyane,agaragaza ko The Ben ari umuhanzi ukomeye wagaragaje urwego rwiza muri iyi ndirimbo.

Tubibutse ko ubwo yaburanaga hamenyekanye ko muri Dossier ye hagarukagamo izina rya The Ben aho yari akurikiranyweho icyaha cyo gutukana mu ruhame bitewe n’uko mu biganiro yari yarakoze hari aho yavuze ko uyu muhanzi akunda kwiriza, Urukiko rwasanze iki cyaha kitamuhama, kuko kuba yaravuze ko “The Ben akunda kwiriza nk’umwana” bitagize icyaha cyo gutukana mu ruhame,umucamanza asobanura ko ibyo atari igitutsi.
Fatakumavuta yatawe muri yombi tariki ya 18 Ukwakira 2024, ubu akaba afungiwe mu Igororero rya Nyarugenge.Tariki13 Kamena 2025, urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta igifungo cy’imyaka ibiri n’amezi atandatu, rumuca n’ihazabu ya 1.300.000 Frw.