MUBARAKH MUGANGA YITABIRIYE IMURIKAGURISHA RY’INTWARO MURI TURUKIYA

Mu mujyi wa Istanbul muri Turkey, ku wa 5 Gicurasi 2026, habereye igikorwa gikomeye cyahuje abasirikare n’inzobere mu by’umutekano baturutse hirya no hino ku isi. Muri ibyo bikorwa, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Mubarakh Muganga, yitabiriye imurikagurisha n’inama mpuzamahanga izwi nka SAHA 2026, igaragaza intwaro n’ikoranabuhanga bigezweho bikorerwa muri Turikiya.

Muri uru ruzinduko, Gen Muganga yagiranye ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Turikiya, Selçuk Bayraktaroğlu. Nubwo ibyaganiriweho bitatangajwe ku mugaragaro, iri huriro rifite uburemere mu mubano w’ibihugu byombi, cyane ko u Rwanda na Turikiya bisanzwe bifitanye ubufatanye mu by’umutekano n’igisirikare.

Gen Mubarakh Muganga yagiranye ibiganiro na Gen Selçuk Bayraktaroğlu

Amafoto ya zimwe mu ntwaro ziri kumurikwa na Turikiya

Imurikagurisha rya SAHA rifatwa nk’imwe mu nkingi zikomeye za Turikiya mu kwigaragaza ku rwego mpuzamahanga mu bijyanye n’inganda z’intwaro (defense industry