Mu mujyi wa Istanbul muri Turkey, ku wa 5 Gicurasi 2026, habereye igikorwa gikomeye cyahuje abasirikare n’inzobere mu by’umutekano baturutse hirya no hino ku isi. Muri ibyo bikorwa, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Mubarakh Muganga, yitabiriye imurikagurisha n’inama mpuzamahanga izwi nka SAHA 2026, igaragaza intwaro n’ikoranabuhanga bigezweho bikorerwa muri Turikiya.
Muri uru ruzinduko, Gen Muganga yagiranye ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Turikiya, Selçuk Bayraktaroğlu. Nubwo ibyaganiriweho bitatangajwe ku mugaragaro, iri huriro rifite uburemere mu mubano w’ibihugu byombi, cyane ko u Rwanda na Turikiya bisanzwe bifitanye ubufatanye mu by’umutekano n’igisirikare.





