Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda, aho yakiriwe mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatatu. Ni uruzinduko rukomeje kugaragaza umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Togo ndetse n’ubushake bw’ibihugu byombi bwo gukomeza kwagura ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Biteganyijwe ko muri uru ruzinduko, Perezida Gnassingbé azagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame ku bijyanye n’ubufatanye mu bukungu, ubucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga ndetse n’umutekano wo mu karere. Impande zombi zisanzwe zifitanye umubano ukomeje gukura uko imyaka ishira.


Muri Mutarama tariki 16 2026 i Lomé, u Rwanda na Togo byanasinye amasezerano yoroshya urujya n’uruza rw’abaturage binyuze mu gukuriranaho visa, ibintu byafashwe nk’intambwe ikomeye mu guteza imbere ubuhahirane n’imikoranire hagati y’ibihugu byombi.
Uruzinduko rwa Perezida wa Togo ruje kandi mu gihe u Rwanda rukomeje kwakira inama mpuzamahanga n’abayobozi batandukanye baturuka hirya no hino muri Afurika, ibintu bikomeza gushyira Kigali mu mijyi ifite uruhare rukomeye muri dipolomasi n’ubufatanye bw’akarere.
Umubano hagati ya Kigali na Lomé kandi bishimangira icyerekezo cy’ibihugu bya Afurika cyo gukomeza gukorana no guteza imbere ubukungu bushingiye ku bufatanye bw’imbere muri Afurika.

