Gicumbi: Hari abagabo bagishyugumbwa gushaka abagore benshi

Hari abagabo bo mu karere ka
Gicumbi bagifite imyumvire ishyigikira gushaka abagore benshi, hari
n’abiyemerera ko bazitiwe n’ubushobozi buke naho ubundi bari kuba barashatse
abagore barenze umwe.

Nyamara
muri ako gace ingero z’imiryango  irimo
ubuharike zigaragaza ko  irimo
amakimbirane adashira.

Ubuyobozi
bw’intara y’amajyaruguru burasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kugira uruhare mu
guhagarika abagabo bishora mu gushaka abagore benshi.

Turi
mu santeri iherereye mu murenge wa Nyankenke mu karere ka Gicumbi, umugabo
w’igikwerere utuye muri ako gace araranganije amaso mu bari aho abona abenshi
ari igitsina gore, ntakindi yitayeho ahita abishingiraho mu kumva ko kuri we
gushaka abagore benshi byaba ari ishema ku mugabo.

Ati
Rambura amaso urebe hano abakobwa nibo
benshi kandi barahangayitse bakeneye abagabo, ikibazo bafite ni ukutarongora
umugore wa kabiri, ubundi bazajya he mwa bantu mwe?”

Mu
ntambwe nke tukiri muri iyo santeri undi mugabo bari mu kigero kimwe tumubajije
niba koko nawe ashyigikiye gushaka abagore barenze umwe wisezerano ahubwo
dusanga we yarazitiwe n’amikoro ye, 
avuga ko atakwira abagore babiri naho ubundi aba yarashatse undi kera.

Ati
Njye namuzana mfite umutungo mwinshi, gutunga
umugore umwe ni ubukene, mfite amafaranga nazana umugore wa kabiri, umugore wa
mbere akaba aguhaye induru, wigira ahandi”.

Ku
rundi ruhande ariko abagore baharitswe; ni ukuvuga abashatswe n’abagabo
basanzwe bafite abagore nabo batanga ubuhamya bw’uko ari inshuro nke wabona
amahoro no kuzuza inshingano z’abagize imiryango irimo ubuharike.

“Umugabo wese ujya mu nshoreke
usanga nta  Mitiweri agira, usanga
n’abana mu rugo batarya, kuko akenshi aba avuga ngo ndasangira na runaka se
afite iki? Akirirwa muri ibyo abana be ni bo baba barwaye bwaki”.

Umwe mu bagore baharitswe mu murenge wa Nyankenke.

Undi
mubyeyi nawe wo mu murenge wa Nyankenke ntiyibuka neza igihe yashakiwe ari uwa
kabiri, ariko agenekereje ni mu myaka nka 20 ariko kuva icyo gihe ahora mu
ntonganya z’urudaca n’uwo basangiye umugabo.

Ati
Nabanye n’umugabo mu gihe cy’ibyumweru
bibiri, umugore wa kabiri amenye ko nahageze aza ari kwica igiti yica ibuye, ubwo
habaye intambara kuva icyo gihe, nahatashye ari kuri Noheri na n’uyu munsi izo
ntambara ziracyankurikiranye”.

Ubuyobozi
bw’intara y’amajyaruguru imwe muyikunze kuvugwamo ubuharike, busanga abayobozi
b’inzego z’ibanze kuva ku mudugudu bafite inshingano zo gukoma mu nkokora uwari
we wese ufite umugambi wo gushaka abagore barenze umwe, Gatabazi Jean Marie
Vianney ategeka intara y’amajyaruguru.

Ati
N’abayobozi b’inzego z’ibanze
ntibakwiye kwemera ko n’uwo mugabo azana undi mugore muri uwo mudugudu muri ako
kagari, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwagakwiye kuba bubihagarika bataranabana,
baba banabanye bakabatandukanya, kuko aba yishe amategeko kandi asenye n’urundi
rugo”.

Imbere
y’amategeko, mu Rwanda umugabo yemerewe  gushyingiranwa n’umugore umwe, umugore nawe
akemererwa gushyingiranwa n’umugabo umwe.

Tito DUSABIREMA