Kwitegura Shampiyona y’Isi y’Amagare mu byo Hon. Nyirasafari asigiye Aurore

Ibikorwa
byo gutegura kwakira shampiyona y’Isi y’Amagare biri mu byo Hon. Nyirasafari
Esperance asigiye Minister Aurore Munyangaju wamusimbuye muri Ministeri ya Siporo
‘MINISPOR’, anamusaba kwita ku mpano z’abakiri bato ahereye mu mashuri abanza.

Ibi byavugiwe mu muhango w’ihererekanyabubasha
hagati y’uwahoze ayobora Ministeri ya Siporo n’Umuco Hon. Nyirasafari Esperence
na Minisitiri Aurore Munyangaju uyoboye Minisiteri ya Siporo na Mbabazi
Rosemary uyoboye Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, umuhango wabereye muri Kigali
Arena kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ugushyingo.

Aha Hon. Nyirasafari Esperance kuri ubu wagizwe Perezidante
wungirije wa Sena y’u Rwanda yagarutse ku bikorwa byinshi abamusimbuye bagomba
gukomeza gukurikirana, ariko yitsa cyane kuri shampiyona y’Isi y’amagare u
Rwanda rwasabye kwakira izaba muri 2025, avuga ko ibikorwa byo kuyitegura byari
byaratangiye ndetse anavuga ko umusimbuye muri Minisiteri ya Siporo agomba
gukomeza gukurikirana ibikorwa byo kuyitegura.

Hon. Nyirasafari Esperance yagize ati “Mu bikorwa twari twaratangiye bigomba
gukomeza kwitawaho, harimo shampiyona y’Isi y’amagare izaba muri 2025. Aha rero
ndabasaba gukurikirana ibikorwa byo kuyitegura kuko nk’uko mubizi u Rwanda rwasabye
kuyakira. Ni akazi katoroshye rero ko kuyitegura kuko nk’uko mubizi ni
irushanwa rikomeye kandi bikunze ko turyakira ryazaba ribaye bwa mbere ku
mugabane wa Afurika.”

Bwana Bayingana Aimable uyoboye ishyirahamwe
ry’umukino w’amagare mu Rwanda ‘FERWACY’ yari aherutse kubwira abanyamakuru ko
igitekerezo cyo kwakira irushanwa rikomeye nk’iri rikaza mu Rwanda, cyari
cyavuye mu ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku Isi ‘UCI’ yari yifuje ko iyi
shampiyona ya 2025 yazabera muri Afurika.

Gukurikirana impano z’abakiri bato bihereye mu
mashuri abanza na byo biri mu byo Hon. Nyirasafari Esperance yasabye umusimbuye
ndetse amwizeza ubufatanye n’inama muri iyi mirimo.