Hari abaturage baturiye n’abarema isoko rya Hepfu riherereye mu murenge wa Nkanka, mu karere ka Rusizi,bavuga ko batewe ubwoba n’ibyorezo bituruka ku mwanda bishobora kubibasira bitewe n’uko muri iri soko, ubukarabiro bwifashishwaga n’abarijemo budaharuka amazi, ubwiherero nabwo ngo buhora bufunze ikindi ibyobo bijyamo imyada ituruka mu bwiherero bw’iri soko biri mu isoko rwagati birarangaye, bitumamo isazi.
Isoko rya Hepfu riri ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, riremwa n’abaturage bo mu murenge itandukanye yo mu turerere twa Rusizi na Nyamasheke n’abaturanyi bo mu gihugu cya Repuburika ya Congo mu bice bya Bukavu, Birava na Idjwi
Kuri ubu urigezemo usanga ibikorwa remezezo bigezweho byaryubatswemo byifashishwa mu kurwanya indarwa zituruka nku mwanda, birimo ubukarabiro n’ubwiherero buhora bufunze bideheruka mo amazi, byatangiye no kwangirika,ikindi gihari ni ibyobo bijyamo imyanda ituruka mu bwiherere bipfundikiye, bitumamo isazi byamezemo ibyatsi.

Bamwe mu baturage twahasanze biganjemo abarituriye batangarije Radiyo na Televiziyo Flash ko iki kibazo bakimranye igihe bityo ko bafitiye ubwo ibyorezo bishobora kubibasira bitewe n’uyu mwanda, ugaragara muri iri soko.
Icyifuzo cy’aba baturage, barasaba ubuyobozi ko bwabafasha ubukarabiro n’ubwiherero bugashyirwa mo amazi bakongera kubikoresha nk’uko byari bisanzwe ikindi basaba n’uko ibyobo bijyamo imyanda yo mu bwiherero bituma mo isazi byakubakwa neza bigatwikirwa bityo bakizera ko bafite isuku.Kuri iki kibazo twagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi kuri Telefone nti bwatwitabye.

N’ubwo iri soko riremwa kabiri mu cyumweru kuwa mbere no ku wa Gatanu, buri gihe uhasanga urujya n’uruza rw’abantu, hari n’inzu zikikije iri soko zikorerwamo ubucuruzi zitagira ubwiherero.

