Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yasubije abanenze imitegurire n’imiyoborere y’Igikombe cy’Isi cya 2026, avuga ko hari abantu bakomeje gukwirakwiza “urwango n’ibihuha” aho kwishimira ibyo umupira w’amaguru wagezeho muri iyi mpeshyi.
Mu butumwa burebure bw’amapaji 15 yashyize ku rubuga rwa Instagram ku cyumweru tariki 26 Nyakanga, Infantino yavuze ko FIFA yakoresheje imbaraga zayo zose kugira ngo irushanwa rigende neza, nubwo ryahuye n’imbogamizi zirimo imyanzuro y’abasifuzi, ibibazo bya visa, kwagura amakipe yitabira Igikombe cy’Isi akagera kuri 48, ndetse n’umubano we na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.

