Ikipe ya Leicester City yanditse amateka mabi mu rugendo rwayo rw’umupira w’amaguru, imanuka mu cyiciro cya gatatu cy’umupira w’amaguru mu Bwongereza, ari cyo League One. Ibi bibaye nyuma y’imyaka 10 gusa iyi kipe ikoze amateka adasanzwe yo kwegukana igikombe cya Premier League mu mwaka wa 2016 nk’ikipe yari ikizamuka mu cyiciro cya mbere.
Iyo ntsinzi yo mu 2016 yabaye imwe mu nkuru zitangaje kurusha izindi mu mupira w’amaguru ku Isi, aho Leicester City yegukanye igikombe itsinze amakipe akomeye yari asanzwe afatwa nk’ayahora ndetse anahatanira ibikombe. Icyo gihe, iyi kipe yatozwaga na Claudio Ranieri yigaragaje nk’ikipe ifite ubumwe, imbaraga n’umuhate udasanzwe,ibyayigejeje ku nsinzi yo kwegukana Premier league.
Nyuma y’iyo ntsinzi, Leicester City yakomeje kwitwara neza mu bihe bimwe na bimwe, initabira amarushanwa akomeye ku mugabane w’u Burayi. Gusa uko imyaka yagiye ishira, imikorere yayo yatangiye kugenda biguruntege, igaragaza intege nke mu mikinire no mu miyoborere.
Mu 2023, iyi kipe yamanutse mu cyiciro cya kabiri (Championship), ibintu byahaye benshi icyizere ko izahita igaruka vuba mu cyiciro cya mbere. Icyakora, ibibazo byakomeje kwiyongera, birimo kugenda kw’abakinnyi b’ingenzi, imiyoborere idahagaze neza ndetse n’umusaruro muke mu kibuga, bituma ikomeza gutsikira kugeza aho ubu yamanukiye mu cyiciro cya gatatu.
Imanuka rya Leicester city ryashimangiwe bidasubirwaho n’umukino waraye iyihuje na Hull city waje kurangira amakipe yombi anganyije ibitego 2-2, ibyahise bishyira Leicester city ku mwanya wa 23 n’amanota 42 aho ikurikirwa n’ikipe ya nyuma ariyo Sheffield Wednesday .

Kumanuka kwa Leicester City ni urugero rugaragaza uburyo mu mupira w’amaguru, gutsinda bisaba gukomeza gushora imari mu ikipe, imiyoborere ihamye n’igenamigambi rirambye. Ni inkuru igaragaza ko n’ikipe yigeze kuba ku isonga ishobora kugwa mu bihe bigoye mu gihe ibyo bisabwa bitubahirijwe.
Nubwo bimeze bityo, abafana b’iyi kipe n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange baracyafite icyizere ko Leicester City ishobora kongera kwiyubaka, igasubira mu byiciro byo hejuru. Ariko bizasaba impinduka zifatika n’igihe kugira ngo ibyo byifuzo bigerweho.

